Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 10.1% Mu Gihembwe Cya Gatatu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 10.1% Mu Gihembwe Cya Gatatu

admin
Last updated: 16 December 2021 7:25 pm
admin
Share
SHARE

Ikigo cy’Ibarurishamibare mu Rwanda (NISR) cyatangaje ko umusaruro mbumbe w’igihugu wazamutseho 10.1% mu gihembwe cya gatatu, ugereranyije n’igihe nk’icyo mu mwaka wa 2020.

Ni imibare igaragaza izahuka ry’ubukungu rijyanye n’isubukurwa ry’ibikorwa byinshi muri ibi bihe by’icyorezo cya COVID-19.

Umusaruro mbumbe w’igihembwe cya kabiri wari wazamutseho 20.6% mu gihe mu gihembwe cya mbere wazamutseho 3.5%.

Mu gihebwe cyarangiye muri Nzeri 2021, imibare igaragaza ko urwego rwa serivisi ari rwo ruza imbere mu bigize umusaruro w’igihugu, aho rwihariyemo 48%. Ubuhinzi bufite 23%; inganda ni 21% mu gihe imisoro yihariye 7%.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Uvunje ririya zamuka ry’umutungo mbumbe w’igihugu mu mafaranga hashingiwe ku biciro biri ku masoko, mu gihembwe gishize wavuye kuri miliyari 2,453 Frw ugera kuri miliyari 2,746 Frw.

NISR igaragaza ko nko mu bijyanye n’ubuhinzi, ibikorwa by’ubuhinzi muri rusange byazamutseho 6 ku ijana. Muri rya zamuka ry’umusaruro, ubuhinzi bufitemo 1.6 ku ijana.

Muri urwo rwego umusaruro w’ibihingwa bihita biribwa byazamutseho 6 ku ijana mu gihe ibyoherezwa mu mahanga byazamutseho 2 ku ijana.

Mu bijyanye n’inganda, uru rwego muri rusange rwazamutse 12 ku ijana. Mu izamuka rusange rufitemo 2.2 ku ijana.

Nk’ibijyanye n’ubwubatsi byazamutseho 15 ku ijana, ibikorerwa mu nganda bizamuka 7 ku ijana, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro na kariyeri buzamuka 30 ku ijana.

- Advertisement -

Muri urwo rwego kandi ibiribwa bitunganyirijwe mu nganda byazamutse 6 ku ijana, mu gihe ibikorerwa mu nganda bitari ibyuma byazamutse 32 ku ijana naho ibikoze mu mbaho na pulasitiki byo byazamutse 17 ku ijana.

Ni mu gihe ibijyanye n’ibyuma n’imashini byasubiye inyuma ho 11 ku ijana, nyuma y’izamuka ryari hejuru cyane kuko ryageze kuri 31 ku ijana mu gihembwe cya gatatu cya 2020.

Ni mu gihe mu rwego rwa serivisi ibikorwa muri rusange rwazamutse kuri 11 ku ijana, mu izamuka rusange ry’umusaruro mbumbe rukaba rufitemo 5.3 ku ijana.

Muri urwo rwego, ubucuruzi rwazamutse kuri 4 ku ijana, ubwikorezi buzamuka 19 ku ijana, itumanaho ryazamutseho 14 ku ijana, serivisi z’imari zazamutse 11 ku ijana mu gihe ibijyanye n’uburezi byazamutse 140 ku ijana ugereranyije n’igihembwe cya gatatu cya 2020 ubwo amashuri menshi na za kaminuza byari bifunze.

Bijyanye na gahunda zashyizweho zo kuzahura ubukungu, biteganywa ko muri uyu mwaka buzazamukaho 10.2% ugereranyije na -3.4% ryabayeho umwaka ushize.

Biteganywa ko mu mwaka wa 2022 ubukungu buzazamuka 7.2%, mu 2023 buzamuke 7.9%, mu 2024 buzamuke 7.5% no mu 2025 buzamuke 7.5%.

 

 

TAGGED:COVID-19featuredGDPUbukunguUmusaruro Mbumbe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubushinjacyaha Bwasabiye Abayoboke b’Ishyaka Rya Ingabire Victoire Gukomeza Gufungwa
Next Article Uruganda Inyange Rwakoze Icupa Ry’Amazi Ritangiza Ibidukikije
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?