Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubumwe Bw’Abanyarwanda Nibwo Shingiro Ryarwo -Sen Prof Jean Pierre Dusingizemungu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ubumwe Bw’Abanyarwanda Nibwo Shingiro Ryarwo -Sen Prof Jean Pierre Dusingizemungu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 June 2023 12:53 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu kiganiro yaraye ahaye abakozi ba Banki ya I&M bari bagiye kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, Senateri Prof. Jean Pierre Dusingizemungu yavuze ko kugira ngo u Rwanda ruzarambe, ari ngombwa ko Abanyarwanda bunga ubumwe.

Avuko  ko ubumwe bw’Abanyarwanda ari bwo shingiro ry’u Rwanda ruri imbere.

Senateri Prof Dusingizemungu yavuze ko bimwe mu bintu Abanyarwanda bagomba guheraho bunga ubumwe ari ururimi rumwe bahuriyeho, umuco umwe n’gihugu.

Mbere amadini ya Gikirisitu ataraduka mu Rwanda, Abanyarwanda bagiraga ukwemera kumwe.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Uyu muhanga mu mibanire ya muntu wahoze ari Perezida wa IBUKA, avuga ko amacakubiri yazanywe mu Banyarwanda ari yo yarukururiye ishyano.

Kuri Dusingizemungu, abantu babwiye Abanyarwanda ko bamwe ari ‘aba’, abandi bakaba ‘bariya’, ari we wabibye imbuto mbi y’urwango yaje kuvamo na Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.

Umuyobozi wa I&M Bank witwa Robin Bairstow nawe yunze mo ko aho u Rwanda rugeze mu iterambere ari aho kwishimira.

Avuga ko ubushake bwo kwikura mu bibazo n’ubufatanye byatumye Abanyarwanda muri iki gihe bageze ku ntambwe ishimishije.

Abakozi ba I&M bari babanje gushyira indabo ku mva ishyinguyemo imibiri 25 y’Abatutsi bahoze bakora muri BCR.

- Advertisement -

Imva y’iyi mibiri ishyinguye mu kigo I&M Bank ikoreramo ; ari n’aho hahoze Banque Commerciale du Rwanda, BCR.

Iki ni kimwe mu byumba by’amateka ya Jenoside abantu basura
Umuyobozi wa I&M Bank asinya mu gitabo cy’abasuye urwibutso rwa Gisozi
Bashyize indabo ku mva rusange ishyinguwemo imibiri 250,000
Nyuma bajya kuganirizwa ku mateka ya mbere ya Jenoside, ayo mu gihe cyayo na nyuma yayo
Bari bakurikiye ubutumwa bwahatangiwe
TAGGED:BankDusingizemungufeaturedIBUKAJenosideUbumwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Impamvu Zituma Ibitaro Bya Gihundwe Biba Ibya Nyuma Mu Rwanda
Next Article Urubyiruko Ruri Guhugurwa Ku Mateka Y’Umuryango FPR-Inkotanyi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?