Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uburayi Bwahakanye Iby’Uko u Rwanda Rwanze Ubuhagarariye Mu Karere
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Uburayi Bwahakanye Iby’Uko u Rwanda Rwanze Ubuhagarariye Mu Karere

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 June 2024 6:58 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) yahakanye iby’uko u Rwanda rwanze Umubiligi watoranyijwe ngo abe Intumwa yihariye yawo mu karere k’ibiyaga bigari, Bernard Quintin.

Le Monde yo ku tariki ya 24 Kamena 2024 ivuga ko nyuma y’aho ibihugu bigize EU bitoranyije Quintin, u Rwanda rwahamagaye u Bufaransa, rubumenyesha ko rutazamwemera.

Ngo rwavugaha ko umubano udahagaze neza hagati y’u Rwanda n’u Bubiligi iyo ikaba ’intandaro.

Umubano mubi hagati y’u Rwanda n’u Bubiligi wazanywe n’uko bwanze Vincent Karega wari waragenwe nka Ambasaderi w’u Rwanda.

Indi mpamvu ni uko iki gihugu kibogamira byeruye kuri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) irushinja gufasha umutwe wa M23.

Ibyo gufasha M 23, Guverinoma y’u Rwanda yarabihakanye kandi inenga bimwe mu bihugu byo ku mugabane w’u Burayi na Amerika byahisemo kubogama kubera inyungu bifite kuri RDC.

Le Monde yasobanuye ko nyuma y’aho u Rwanda rwanze Quintin, u Bufaransa, Sweden na Denmark byagaragaje ko mbere y’uko uwo mudipolomate atoranywa, ibihugu bigize EU byagombaga kubanza kumenya neza uko u Bubiligi bubanye n’ibihugu by’Akarere k’ibiyaga bigari.

Byari biteganyijwe ko Intumwa Nkuru ya EU ishinzwe ububanyi n’amahanga n’umutekano, Josep Borrell, yagombaga kwemeza Quintin kuri iyi nshingano hagati muri Kamena 2024 ariko ko kubera iki kibazo, yimuriye iyi gahunda ku italiki ya 5 Nyakanga 2025.

Umuvugizi wa Komisiyo yawo, Eric Mamer, yatangarije ikinyamakuru Brussels Times ko u Rwanda rutigeze rwitambika.

Yagize ati: “Iki ni igikorwa kibera imbere muri EU. Nta ruhande rwa gatatu cyangwa igihugu cya gatatu kigifiteho ijambo. Gahunda yo gutoranya Intumwa yihariye ya EU mu karere k’ibiyaga bigari no kumushyira mu nshingano irakomeje”.

Umuvugizi wa Komisiyo ya EU yatangaje ko ibyatangajwe mu binyamakuru mu minsi ishize ari ibihuha, bigamije guharabika.

Yasobanuye ko nta zina ry’uwatoranyijwe ngo abe Intumwa Yihariye mu karere k’ibiyaga bigari rirajya hanze

TAGGED:BubiligifeaturedIntumwaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umukino W’Igikombe Cy’Isi Cy’Umupira W’Amaguru Ku Bagacishijeho Wari Buzabere Mu Rwanda Ntukibaye
Next Article Bolivia: Haburijwemo Coup d’Etat
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Mu Ihurizo Ryo Kureba Uko Atakweguzwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Aritabira Inama Transform Africa Summit Muri Guinea Conakry 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?