Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uburayi Bwahakanye Iby’Uko u Rwanda Rwanze Ubuhagarariye Mu Karere
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Uburayi Bwahakanye Iby’Uko u Rwanda Rwanze Ubuhagarariye Mu Karere

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 June 2024 6:58 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) yahakanye iby’uko u Rwanda rwanze Umubiligi watoranyijwe ngo abe Intumwa yihariye yawo mu karere k’ibiyaga bigari, Bernard Quintin.

Le Monde yo ku tariki ya 24 Kamena 2024 ivuga ko nyuma y’aho ibihugu bigize EU bitoranyije Quintin, u Rwanda rwahamagaye u Bufaransa, rubumenyesha ko rutazamwemera.

Ngo rwavugaha ko umubano udahagaze neza hagati y’u Rwanda n’u Bubiligi iyo ikaba ’intandaro.

Umubano mubi hagati y’u Rwanda n’u Bubiligi wazanywe n’uko bwanze Vincent Karega wari waragenwe nka Ambasaderi w’u Rwanda.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Indi mpamvu ni uko iki gihugu kibogamira byeruye kuri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) irushinja gufasha umutwe wa M23.

Ibyo gufasha M 23, Guverinoma y’u Rwanda yarabihakanye kandi inenga bimwe mu bihugu byo ku mugabane w’u Burayi na Amerika byahisemo kubogama kubera inyungu bifite kuri RDC.

Le Monde yasobanuye ko nyuma y’aho u Rwanda rwanze Quintin, u Bufaransa, Sweden na Denmark byagaragaje ko mbere y’uko uwo mudipolomate atoranywa, ibihugu bigize EU byagombaga kubanza kumenya neza uko u Bubiligi bubanye n’ibihugu by’Akarere k’ibiyaga bigari.

Byari biteganyijwe ko Intumwa Nkuru ya EU ishinzwe ububanyi n’amahanga n’umutekano, Josep Borrell, yagombaga kwemeza Quintin kuri iyi nshingano hagati muri Kamena 2024 ariko ko kubera iki kibazo, yimuriye iyi gahunda ku italiki ya 5 Nyakanga 2025.

Umuvugizi wa Komisiyo yawo, Eric Mamer, yatangarije ikinyamakuru Brussels Times ko u Rwanda rutigeze rwitambika.

- Advertisement -

Yagize ati: “Iki ni igikorwa kibera imbere muri EU. Nta ruhande rwa gatatu cyangwa igihugu cya gatatu kigifiteho ijambo. Gahunda yo gutoranya Intumwa yihariye ya EU mu karere k’ibiyaga bigari no kumushyira mu nshingano irakomeje”.

Umuvugizi wa Komisiyo ya EU yatangaje ko ibyatangajwe mu binyamakuru mu minsi ishize ari ibihuha, bigamije guharabika.

Yasobanuye ko nta zina ry’uwatoranyijwe ngo abe Intumwa Yihariye mu karere k’ibiyaga bigari rirajya hanze

TAGGED:BubiligifeaturedIntumwaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umukino W’Igikombe Cy’Isi Cy’Umupira W’Amaguru Ku Bagacishijeho Wari Buzabere Mu Rwanda Ntukibaye
Next Article Bolivia: Haburijwemo Coup d’Etat
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?