Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uburayi Bwashyize Butanga Amafaranga Yo Gukoreshwa Mu Kwirukana Ibyihebe Muri Mozambique
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Uburayi Bwashyize Butanga Amafaranga Yo Gukoreshwa Mu Kwirukana Ibyihebe Muri Mozambique

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 December 2022 6:24 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubumwe bw’u Burayi bwasohoye itangazo bwemera ko bugiye kurekura Miliyoni  € 20 yo gufasha u Rwanda mu kazi ruri gukorera muri Mozambique ko kwirukana ibyihebe byari byarayogoje Cabo Delgado ndetse byarabujije n’imishinga irimo iy’ikigo cy’Abafaransa, Total Energies, gukora ikabyazwa umusaruro.

Iriya nkunga itangajwe nyuma y’amasaha make Perezida Kagame avuze ko kuba hari abameye gukorana n’u Rwanda mu guhashya abarwanyi bo muri  Cabo Delgado, ntibabikore bitarubujije gukora ibyo rwiyemeje mu bushobozi rufite.

Hari mu muhango wo kwakira indahiro z’abayobozi bashya bayoboye Minisiteri y’ubuzima, uyu muhango ukaba warabaye ku wa Gatatu Taliki 30, Ugushyingo, 2022.

Perezida Kagame yagize ati: “ Kuva twagera muri Mozambique  nta gihugu na kimwe, nta muryango n’umwe,  uraduha n’urumiya rwo gukoresha muri ako kazi.  Twatanze uburyo buke dufite ndetse dutanga n’ubuzima kuko abajya kurwana intambara nka ziriya hari abantu babigwamo…”

Perezida Kagame yavuze ko n’ubwo abemeye gutanga inkunga mu gucyemura ikibazo cyo muri Cabo Delgado batayitanze, u Rwanda rwakoze ibyo rushoboye

Bidatinze ababwirwaga barumvise, bahita basohora itangazo rivuga ko Ikigega cy’Ubumwe bw’u Burayi gishinzwe gufasha mu bikorwa byo kugarura amahoro , European Peace Facility, kigiye guha u Rwanda Miliyoni  € 20 yo gukoresha muri biriya bikorwa.

U Rwanda rwakiriye neza iyo nkunga.

Itangazo ryaturutse mu Biro by’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda rivuga ko u Rwanda ruzakomeza kuba umufatanyabikorwa w’ibihugu by’Umuryango w’ubumwe bw’u Burayi ndetse n’uw’ibihugu by’Afurika mu bikorwa bitandukanye harimo n’ibyo kugarura amahoro aho ruzitabazwa.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Dr. Vincent Biruta yavuze ko ibyo uriya muryango wakoze ari ibintu byo kwishimira.

Rwanda welcomes the support of European Peace Facility, in the form of €20 million, to contribute to the continued deployment of the Rwanda Defence Force in Cabo Delgado Province of Mozambique. Read more: https://t.co/KJUWjpgepC pic.twitter.com/X02ileXepx

— Ministry of Foreign Affairs & Int'l Cooperation (@RwandaMFA) December 1, 2022

TAGGED:BurayiCabofeaturedInkungaKagameMozambique
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article 42% By’Abanyarwanda Bakennye Ni Abahinzi – MINALOC
Next Article Papa Francis Yasubukuye Gusura DRC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?