Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uburinganire Ni Uburenganzira, Si Impuhwe – Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Uburinganire Ni Uburenganzira, Si Impuhwe – Perezida Kagame

admin
Last updated: 08 March 2022 6:42 pm
admin
Share
Perezida Paul Kagame
SHARE

Perezida Paul Kagame yashimye umuhate w’abagore mu iterambere ry’igihugu, avuga ko uburinganire butuma ibyo bishoboka ari uburenganzira bagomba guhabwa aho kuba impuhwe bagirirwa.

Ni ubutumwa yatanze kuri uyu wa Kabiri yifashishije Twitter, mu gihe kuri uyu wa 8 Werurwe 2022 u Rwanda rwifataya n’Isi mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’abagore.

Perezida Kagame yavuze ko kuri uyu munsi hahabwa agaciro ubudaheranwa bw’Abanyarwandakazi, bakomeje kuba mu izingiro ry’urugendo rw’iterambere.

Yakomeje ati “Kuva mu ntangiriro, imvugo ya RPF yabaye ingiro mu gushyiraho uburyo butuma abagore bagira umwanya bakwiye. Uburinganire bwakomeje kuza ku isonga muri politiki ya RPF. Iterambere tubona mu Rwanda uyu munsi ni umusaruro w’uko kudaheza.”

“Uburinganire ni uburenganzira, si impuhwe. Tugomba guhora duharanira gukora ibirenzeho kandi neza kurushaho, kugira ngo abakobwa n’abuzukuru bacu bazaragwe igihugu bagiriramo intego zitagira umupaka.”

Happy #IWD2022 to women in Rwanda and beyond. Today, we celebrate the resilience of Rwandan women who have been at the center of Rwanda’s transformation journey.

— Paul Kagame (@PaulKagame) March 8, 2022

Equality is a right not a favour. We must challenge ourselves to do even more and better to ensure that the next generations of our daughters and granddaughters inherit a nation where their aspirations have no limits. #IWD2022

— Paul Kagame (@PaulKagame) March 8, 2022

Raporo iheruka yakozwe na World Economic Forum ku cyuho mu buringanire (2021 Global Gender Gap Report), yashyize u Rwanda ku mwanya wa 7 ku isi mu bihugu 156 byahawe amanota meza.

Igaragaza ko rwabashije kuziba icyuho mu buringanire ku rwego rwa 80.5%, ruba urwa kabiri muri Afurika, inyuma ya Namibia iza ku mwanya wa gatandatu ku isi n’iya mbere kuri uyu mugabane.

U Rwanda kandi ruza ku isonga mu guha ijambo abagore, aho Itegeko Nshinga riteganya ko “abagore bagira nibura 30% by’imyanya mu nzego zifatirwamo ibyemezo”.

Mu bagize Guverinoma, imibare igaragaza ko mu ba Minisitiri 20 n’abanyamabanga ba Leta 10, abagore ari 55% mu gihe abagabo ari 45%.

Mu bagize Inteko ishinga amategeko u Rwanda ruza ku mwanya wa mbere ku isi mu kugira abagore benshi, kuko mu mutwe w’Abadepite ari 61.3%, abagabo bakaba 38.7 %.

Iyi mibare ariko irahinduka iyo ugeze muri Sena, kuko abagore ari 38.5%, abagabo bakiharira 61.5%.

Muri ba Guverineri b’Intara n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, abagore ni babiri (40%) ku bagabo batatu (60%).

Munsi nanone mu bayobozi b’uturere, ba Meya b’abagore mu Turere 27 dufite ubuzima gatozi ni 8, bangana na 29.6%. Bivuze ko abagabo ari 70.4%.

Iyo ugeze mu bayobozi bungirije bashinzwe Iterambere ry’Ubukungu, abagore ni 4 (14.8%), abagabo bakaba 85.2%.

Abagore bisanga ku bwinshi mu mwanya w’umuyobozi wungirije ushinzwe Imibereho myiza y’abaturage, kuko ari 21 (77.8%), naho abagabo ni 6 (22.2%).

Umanutse ukagera hasi mu midugugu 14,837 igize u Rwanda, mu bagize Komite nyobozi uko ari 70,305 harimo abagore 27,997 (39.8%) n’abagabo 42,308 (60.2%).

U Rwanda rufite agahigo ko kugira abagore benshi mu Nteko ishing amategeko
TAGGED:AbagorefeaturedPaul KagameUmunsi w'abagore
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Wa Guinea Yasuye Agace Kahariwe Inganda I Masoro
Next Article MTN Rwanda Yungutse Miliyari 22.4 Frw Mu 2021
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?