Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uburinganire Si Ikibazo Kireba Abagore Gusa – Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Uburinganire Si Ikibazo Kireba Abagore Gusa – Perezida Kagame

Last updated: 09 March 2021 6:06 am
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yavuze ko buri muntu wese afite uruhare agomba kugira mu gutuma uburinganire bugerwaho, cyane ko nta terambere ryashoboka mu gihe abantu badahabwa amahirwe angana.

Ni ubutumwa yatanze ku munsi u Rwanda rwifatanya n’Isi mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore, wizihizwa buri mwaka ku wa 8 Werurwe.

Ni umunsi utigeze wizihizwa mu buryo bukomeye nk’ibisanzwe kubera icyorezo cya COVID-19 cyugarije isi.

Perezida Kagame yanditse kuri Twitter ati “Umunsi Mpuzamahanga mwiza w’abagore w’umwaka wa 2021. Uyu munsi wibutsa ko uburinganire atari ikibazo kireba abagore gusa. Nta terambere ryagerwaho buri wese atabigizemo uruhare kandi hakabaho amahirwe angana kuri bose. Buri wese muri twe afite uruhare akwiye kugira mu gutuma uburinganire bugerwaho kandi guheza bamwe nta mwanya bifite mu hazaza hacu.”

Happy #IWD2021! Today is a reminder that gender equality is not just a women’s issue. There can be no progress without equal participation and opportunity for all. Each one of us has a role to play to ensure gender disparity and exclusion has no place in our future.

— Paul Kagame (@PaulKagame) March 8, 2021

U Rwanda rukomeje kuza mu bihugu by’indashyikirwa mu kubahiriza ihame ry’uburinganire, aho abagore bahabwa nibura 30 ku ijana mu myanya yose itorerwa mu nzego za leta.

Kuva mu 2003 rwakomeje kugira umubare munini ku isi w’abagore mu nzego zirimo inteko ishinga amategeko kuko ubu ari 61.3% mu mutwe w’Abadepite, ndetse imyanya 53.3% muri Guverinoma irimo abagore.

Raporo mpuzamahanga ya 2020 Global Gender Gap Index yasohotse mu Ukuboza 2020 yashyize u Rwanda ku mwanya wa 9, aho ari cyo gihugu rukumbi cya Afurika kiza mu myanya 10 ya mbere mu kubahiriza amahame y’uburinganire bw’abagabo n’abagore.

Mu bandi batanze ubutumwa kuri uyu munsi harimo Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF) Louise Mushikiwabo, washishikarije abagore guharanira iteka kuzana impinduka.

Ni ibintu ariko ngo bishoboka gusa ari uko buri wese abigizemo uruhare.

Yakomeje ati “Ntewe ishema namwe, mwirengagije ibibazo byose bibaho mu buzima, mukora cyane buri munsi kugira ngo muhindure aho mutuye n’isi yose muri rusange.”

En ce #8mars je souhaite à toutes les femmes d'incarner le changement, qui n'est possible que lorsque tout le monde est admis à y participer.
Je suis fière de vous qui, malgré les difficultés de la vie, travaillez durement chaque jour, pour changer vos communautés et le monde !

— Louise Mushikiwabo (@LMushikiwabo) March 8, 2021

TAGGED:featuredLouise MushikiwaboPaul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umugore Uheruka Gutandukana Na Jeff Bezos Yarongowe N’Umwalimu
Next Article Abakozi ba RwandAir bakingiwe COVID-19
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Nigeria: Umuhanzi Ifunanya Yishwe N’Inzoka

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Bigoranye Police FC Yakuye Ku Izima APR FC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abantu Babiri Bananirwa Bate Kubana?-Kagame Abaza Abashakanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?