Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uburusiya Bukomeje Gushushubikanya Ukraine 
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Uburusiya Bukomeje Gushushubikanya Ukraine 

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 August 2024 8:59 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abasirikare b’Uburusiya bakomeje gushushubikanya ingabo za Ukraine zari zarinjiye mu Burusiya ahitwa Kursk.

Ubu ingabo z’Uburusiya bivugwa ko ziri gusatira Intara ya Pokrovsk muri Ukraine.

Uyu mujyi ni ingenzi mu rwego rwa gisirikare kuko uhuza imihanda ikomeye ndetse n’inzira za gari ya moshi zikomeye zihuza ibice byo mu Burasirazuba bwa Ukraine.

Abantu bajora ubutegetsi bwa Ukraine bavuga ko igisirikare cy’iki gihugu cyakoze imibare mibi ubwo cyateraga Uburusiya.

Bavuga ko kuba iki gisirikare cyarateye Uburusiya byatumye gisiga umujyi ukomeye wa Pikrovsk udafite uburinzi namba none ugiye gufatwa n’Abarusiya.

Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky avuga ko Pokrovsk nifatwa igice cyose cy’Uburasirazuba kizagwa mu biganza by’umwanzi.

Umujyi wa Pokrovsk uturanye n’uwa Myrnohrad, yombi ikaba yari ituwe n’abantu 100,000 ariko ubu usigayemo ngerere kuko abenshi bahunze.

Ikindi ni uko iyo mijyi ari yo yonyine isigaye itarafatwa n’Abarusiya mu Mijyi yose igize Intara ya Donetsk.

BBC yanditse ko iyo mijyi igiye gufatwa nyuma y’ifatwa ry’undi mujyi waguyemo abasirikare benshi ba Ukraine witwa Avdiivka, uyu ukaba warafashwe muri Gashyantare uyu mwaka.

Aho uyu mujyi ufatiwe n’Abarusiya byabaye igihombo gikomeye kuri Ukraine.

Ikindi ni uko abaturage ba Pokrovsk batangiye kuvanwa mu ngo barahungishwa ngo bahunge urupfu rubugarije.

Gen Syrskyi uyobora ingabo za Ukraine avuga ko izo ngabo ziri gukora uko zishoboye ngo zikumire ko iz’Uburusiya zafata kariya gace.

Ngo hari ibikoresho byamaze kwegeranywa ngo Ukraine izahangane n’Uburusiya.

Icyakora ngo Ukraine irarushywa n’ubusa kuko itazakoma imbere abasirikare 30,000 Uburusiya bwamaze gutegurira gufata Pokrovsk.

Hari n’inkeragutabara zamaze gutegurirwa urwo rugamba.

Ukraine kandi iherutse gutakaza umujyi wa Novohrodivka nawo ingabo z’Uburusiya zikaba zarasanze waratereranywe, ingabo zaragendeye.

Ejo hazaza ha Ukraine bivugwa ko hateye inkeke!

TAGGED:AbasirikareAbaturageBurusiyafeaturedIngaboUkraine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Umuryango W’Amadini N’Amatorero Ufite Umuyobozi Mushya
Next Article Ku Kiyaga Cya Ruhondo Hagiye Kubakwa Umujyi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?