Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uburusiya Na Ukraine Byubuye Imirwano Ikomeye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Uburusiya Na Ukraine Byubuye Imirwano Ikomeye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 December 2023 9:45 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Indege z’Uburusiya ziri kurasa ibisasu biremereye kuri Ukraine nyuma y’uko kuri uyu wa Gatandatu Ukraine nayo irashe ku mujyi w’Uburusiya uri ku mupaka uhuza ibihugu byombi wa Belgorod.

Ibisasu by’Uburusiya byibasiye imijyi ya Kyiv(Umurwa mukuru) na Kharkiv nk’uko Meya wa Kyiv witwa Vitali abyemeza.

Ubwo Ukraine yarasaga ku Burusiya yahitanye abantu 22 nk’uko Minisiteri y’ingabo y’iki gihugu ibivuga.

BBC yanditse ko mbere y’uko Ukraine irasa ku Burusiya, iki gihugu nicyo cyari cyayendereje mu bitero cyayigabyeho ku wa Gatanu taliki 29, Ukuboza, 2023.

Uburusiya buri kurasa muri Ukraine bukoresheje indege za drones zirasa missiles.

Kugeza ubu hamaze kuraswayo missiles esheshatu zatwitse inyubako nyinshi zihitana n’abandi bantu 28.

Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu muri Ukraine ivuga ko ziriya missiles zasenye inyubako ndende 12, ingo z’abaturage 13, ibitaro, hoteli, ishuri ry’incuke, inzu z’ubucuruzi, imodoka ndetse n’umuyoboro wa gazi biri ahitwa Kharkiv.

Meya w’uyu mujyi witwa Ihor Terekhov niwe wabibwiye BBC.

Meya ariko yemeza ko abaturage be batakutse umutima ahubwo bakomeje kunga ubumwe.

Mugenzi we uyobora Umurwa mukuru,  Kyiv, witwa Vitali Klitchsko nawe avuga ko abaturage be batakuwe umutima n’ibisasu by’Abarusiya kandi ko ingabo z’igihugu cye ziyemeje kudatezuka ku ukurinda Ukraine.

Kugeza ubu impande zombi ziri guhangana zikoresheje indege za drones.

Amahanga ahangayikishijwe nuko iyi ntambara ishobora kongera gukaza umurego bigatuma ibintu ku isi birushaho kudogera.

Ku isi ibintu birakomeye kubera ko intambara ya Ukraine n’Uburusiya yaje ikurikiye COVID-19 yari imaze imyaka yarazahaje abatuye isi.

Ubu hari indi ntambara nayo abantu batazi igihe izarangirira kuko ari nabwo igitangira, iyo ikaba ari intambara hagati ya Israel na Hamas.

Hari impungenge ko umwaka wa 2024 uzaba mubi kurusha iyahise.

TAGGED:BurusiyaHamasIbisasuIntambaraIsraelUkraine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Dr. Sosthène Munyemana Wahamijwe Jenoside Yajuriye
Next Article Umuhanda Ujya ‘Kwa Yezu Nyirimpuhwe’ Ugiye Gushyirwamo Kaburimbo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?