Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubushinwa: Abantu Miliyoni Ebyiri Bahungishwe Inkubi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ibiza KamereMu mahangaUmutekano

Ubushinwa: Abantu Miliyoni Ebyiri Bahungishwe Inkubi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 September 2025 8:32 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Leta y’Ubushinwa yahungishije abaturage Miliyoni ebyiri batuye mu Majyepfo kubera inkubi ikomeye bise Ragasa ikaba iri gusatira Intara ya Guangdong.

BBC yanditse ko hari abantu 14 bamaze gupfa bazize umwuzure watewe n’uko ikiyaga kiri mu bice bya Taiwan cyaturitse, amazi asendera mu baturage.

Abakora mu iteganyagihe bavuga kandi ko muri kiriya gihugu hari butangire igihe cy’imvura nyinshi ishobora kuza gutuma ubuzima bw’abaturage burushaho kujya mu kaga.

Ku byerekeye iriya nkubi, abahanga bemeza ko ari yo ifite ubukana bwinshi ibonetse mu Bushinwa kuva uyu mwaka watangira.

Iyo nkubi iri ku kigero cya gatanu, kikaba icyiciro cy’umuyaga uba ufite umuvuduko wa kilometero 152 ku isaha, uyu muvuduko ukaba wasenya inzu, ugaterura imodoka n’ibindi bintu biremereye.

Inkubi Ragasa igeze muri kiriya gice cy’Ubushinwa ivuye mu kirere cy’inyanja abahanga bita South China Sea, ikaba ije iherekejwe n’imvura nyinshi n’umuyaga uza kwambuka ukagera no mu bihugu gituranye n’Ubushinwa birimo Philippines, Taiwan na Hong Kong.

Inkubi bita hurricane ni imiyaga ikomeye ivuka mu bice byegereye inyanja ya Atlantic n’iya Pacific, ibi bikaba ibice bituriye imirongo mbariro bita tropiques, ihagarariwe n’uwitwa La Tropique de Cancer.

Buri mwaka ku isi havuka imiyaga nk’iyo iri hagati ya 80 na 90 ariko itanganya ubukana.

Hari iba ifite umuvuduko wa Kilometero 60 cyangwa Kilometero 120 rimwe na rimwe  zikarenga.

TAGGED:AbaturageIkirereInkubiUbushinwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yashimye Intera Umubano W’u Rwanda Na Misiri Ugezeho
Next Article Davido Yashyizwe Mu Kigo Gitegura Grammy Awards
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Nigeria: Umuhanzi Ifunanya Yishwe N’Inzoka

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu Rwanda

Gukosoza Amakosa Mu Irangamimerere Biracyari Ikibazo Ku Irangamuntu Koranabuhanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Intambara Ya Dipolomasi Hagati Ya Israel Na Afurika Y’Epfo Irafata Indi Ntera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Abantu 200 Bishwe N’Ikirombe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?