Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubushinwa Bwemeye Kongera Ikibatsi Mu Mubano Wabwo N’u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ubushinwa Bwemeye Kongera Ikibatsi Mu Mubano Wabwo N’u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 September 2024 9:07 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida w’Ubushinwa Xi Jinping n’itsinda rye baraye baganiriye na mugenzi we Paul Kagame ku mikoranire irambye kandi inoze hagati ya Kigali na Beijing.

Muri ibyo biganiro, Ubushinwa bwiyemeje ko bugiye kongera ikibatsi mu mubano busanganywe n’u Rwanda

Abayobozi b’ibihugu byombi baganiriye ku mikoranire mu by’ubuzima, ibikorwaremezo, ikoranabuhanga no mu zindi nzego u Rwanda rufatanyamo n’Ubushinwa.

Mu ijambo Perezida Kagame yavuze ubwo yagira icyo abwira bagenzi be, yavuze ko imikoranire hagati ya Afurika n’Ubushinwa yagiriye akamaro impande zombi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Avuga ko Afurika yagiriye amahirwe kuri iyo mikoranire bituma itera intabwe mu majyambere.

Perezida Kagame yakirwa na mugenzi we w’Ubushinwa Xi Jinping

Icyakora yavuze ko mu mikoranire iyo ari yo yose hagati y’ibihugu iba ikwiye gushingira ku bwubahane no gukorera mu nyungu z’abaturage.

Kagame avuga ko nta buryo bumwe bw’imiyoborere bukwiye kuba ubwa buri wese aho ari hose kuko ibihugu bidahuza amateka ahubwo ko ibikwiye ari ibikozwe mu nyungu z’abenegihugu.

Ibi kandi Kagame yagaragaje ko ari nabyo bigaragara mu Bushinwa bw’ubu kuko imiyoborere abaturage babwo bishyiriyeho mu mwaka wa 1949, ari yo yatumye bashobora guhangana n’ubukene.

Perezida Kagame ashima imikoranire y’u Rwanda n’Ubushinwa

Niyo yatumye ubu ari igihugu gikomeye mu bukungu ku isi.

- Advertisement -

Ibiganiro hagati y’ubuyobozi bukuru bw’u Rwanda n’Ubushinwa byageze ku ntego nziza kuko na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wabwo yabyemereje kuri X.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wungirije w’Ubushinwa, Hua Chunying yavuze ko Igihugu cye cyiteguye kurushaho gushimangira umubano gifitanye n’u Rwanda.

Ati: “Inama ya FOCAC 2024 yatanze amahirwe adasanzwe yo kurushaho gushimangira ubushuti n’umubano w’Ubushinwa n’u Rwanda”.

Chunying avuga ko igihugu cye n’u Rwanda bizashyira imbere inyungu z’abaturage.

Ibi biganiro ku ruhande rw’u Rwanda byitabiriwe n’abayobozi kandi na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, Minisitiri w’Ubuzima Dr Sabin Nsanzimana , Yusuf Murangwa Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Ambasaderi w’u Rwanda mu Bushinwa, James Komonyo, Francis Gatare uyobora RDB n’abandi.

Umubano w’u Rwanda n’u Bushinwa umaze imyaka 53.

TAGGED:AbaturageBushinwafeaturedIterambereKagameRwandaUmubanoXi Jinping
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Burundi: Abantu 300 Banduye Ubushita Bw’Inkende
Next Article 60.6% By’Abanyarwanda Bakoresha Internet
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?