Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubushoreke, Kumva Nabi Uburinganire: Intandaro Y’Amakimbirane I Muhanga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ubushoreke, Kumva Nabi Uburinganire: Intandaro Y’Amakimbirane I Muhanga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 September 2023 8:32 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abaturage bo mu Murenge wa Kibangu Akarere ka Muhanga bavuga ko zimwe mu mpamvu zikomeye ziteza amakimbirane mu ngo ari ubushoreke no kutumva neza ihame ry ‘uburinganire.

Babivugiye mu kiganiro baraye bagiranye n’abakozi ba RIB bari baje kubabwira ibyaha bibugarije n’uburyo babyirinda.

RIB igira gahunda ngarukamwaka yo kwegera abaturage ikabamenyesha ibyaha ibyo ari byo, uko bikorwa, uko bikumirwa n’uburyo babyirinda.

Kubyirinda bijyanirana no kumenya ibihano amategeko agena ku babikoze.

Nyuma yo kubwirwa icyatumye RIB yegera abatuye Umurenge wa Kibangu, abaturage bahawe ijambo, bavuga ibyo babona bitera bamwe gukora ibyaha.

Bavuze ko impamvu zitera bamwe gukora ibyaha zitandukana ariko ngo akenshi muri Kibangu ingo zadakamo amakimbirane bitewe n’ubushoreke.

Abagabo bo muri uyu Murenge ngo bakunze gushakira umugore ku wundi, bakabikora cyane cyane iyo hari agafaranga bita ko gatubutse babonye.

Uhatuye witwa Straton Nsanzineza yavuze ko amakimbirane mu baturanyi akenshi aterwa n’uko umugabo aharika umugore we hanyuma ubwo buharike bugakomezwa n’uko imitungo ayisaranganya abo bombi kandi atari ab’isezerano.

Ati: “ Ubusanzwe abantu baba babanye neza ariko wazajya kumva ukumva ngo runaka yashatse undi mugore. Nibwo utangira kumva induru mu rugo rwe, ibintu bikadogera.”

Musanabera Eugènie nawe avuga ko kuba nta biganiro mu muryango no kumva nabi ihame ry’uburinganire ku bagore bamwe biri mu biteza amakimbirane.

Ayo makimbirane ngo hari ubwo akura akavamo ubwicanyi cyangwa gukubita no gukomeretsa bikomeye.

Avuga ko hari abagabo bakora nabi bagasahura ingo zabo bashyira inshoreke, ibi bikarushaho guteza rwasesera mu ngo.

Njangwe Jean Marie ukuriye ishami ry’ububiko bw’ibirego n’iyandikwa ryabyo  muri RIB ku rwego rw’igihugu yasabye abaturage kujya batangariza abayobozi ahantu hose bumvise ko hari amakimbirane.

Avuga ko ibyo abaturage bita ‘kutiteranya’ biri mu bitiza umurindi ihohoterwa bigatuma amakuru ku ihohoterwa aburizwamo bityo no gukumira icyaha ntibishoboke.

Avuga ko bidakwiye ko ihohotera ricecekwa cyangwa ngo rizinzikwe.

Jean Paul Habun Nsabimana ushinzwe guhuza ibikorwa bya Isange One Stop Center muri RIB ku rwego rw’igihugu we avuga ko ihohoterwa rigira ingaruka mbi z’igihe kirekire ku wo ryakorewe.

Yongeraho ko abantu bakwiye kubungabunga ibimenyetso kuri ibi byaha mu gihe bifuza kugana ubutabera.

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kibangu bwashimiye ubuyobozi bukuru bwa RIB kuba bwarabazaniye Isange One Stop Center kugira ngo abahohotewe babone aho bageza ibibazo byabo.

Abatuye uyu murenge basabwe kujya bagana Isange One Stop Center ya Nyabikenke kuko ari yo iri hafi yabo bakayigezaho ibirego bifitanye isano n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina cyangwa irindi bakorewe.

Abakozi ba RIB begera abaturage bakabagezaho ibibazo bibugarije
TAGGED:AbaturagefeaturedKibanguMuhangaRIBUbushoreke
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Iraq: Inkongi Yishe Abantu 100 Barimo Umukwe N’Umugeni
Next Article Nyuma Y’Abajenerali, Ofisiye Bakuru Muri Polisi Bashyizwe Mu Cy’Izabukuru
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?