Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubushyamirane Buratutumba Hagati Ya Israel Na Misiri
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ubushyamirane Buratutumba Hagati Ya Israel Na Misiri

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 August 2022 8:38 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

N’ubwo bitarajya ku karubanda ngo byerure, ababizi bavuga ko ubutegetsi bwo mu Misiri bufitiye umujinya ubwa Israel kubera ko iherutse gutangiza ibikorwa bya gisirikare muri Gaza kandi Misiri yari umuhuza.

Hashize iminsi Israuel itangije ibikorwa bya gisirikare ku mutwe witwa Islamic Jihad.

Ni umutwe wari usanzwe ukorera muri Gaza ariko usa n’udashaka umwanduranyo kuri Israel .

N’ubwo ari uko bimeze ariko, inzego z’ubutasi za Israel zaje kumenya ko uriya mutwe ufite imigambi yo kurasa kuri Israel bityo abasirikare b’iki gihugu barayitanga.

Muri uyu mwuka w’intambara, Misiri yaje kwitabazwa iba umuhuza ariko  ntibyabujije ko Israel irasa muri Gaza.

Ikinyamakuru Haaretz cyo muri Israel cyanditse ko abasirikare bo mu Misiri ndetse n’abanyapolitiki b’aho barakariye Israel kuko ngo yarenze ku byo bari barumvikanye none ikaba yarabirenzeho igatangiza ibikorwa bya gisirikare kuri Gaza.

Guhuza impande zombi byasaga ni ibyatanze umusaruro ariko ngo Israel yarenze ku byo yari yariyemeje itangiza iriya mirwano.

Hagati aho Israel yo ikomeje ibikorwa byo gufata abantu ifiteho amakuru ko bafatanya n’imitwe yo muri Palestine cyangwa Gaza ikunze kuyigabaho ibitero.

Mu minsi ishize ingabo z’iki gihugu zifatanyije n’urwego rw’ubutasi imbere mu gihugu bita Shin Bet ndetse na Polisi irinda imipaka bafashe abantu bakorana n’umutwe witwa  Popular Front for the Liberation of Palestine (PFLP).

Hari abantu 10 baherutse gutabwa muri yombi.

Intambara ya Israel iramutse ibaye ntiyaba ari yo ya mbere mu mateka.

Mu mwaka wa 1967 nabwo ibi bihugu byigeze kujya mu ntambara yiswe iy’iminsi itandatu .

Misiri yari ifatanyije n’ibihugu by’Abarabu byinshi ariko indege za Israel zibasha guca intege ingabo za biriya bihugu, ibitsinda ityo.

Ni nabyo yahise yigarurira igice kitwa Golan cyahoze ari icya Syria, ifata n’igice kimwe cy’uButayu bwa Sinaï.

TAGGED:IntambaraIsraelMisiri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article CANAL+ Yorohereje Abanyarwanda Gutunga Dekoderi Ngo Barebe Imikino Y’i Burayi
Next Article Kwitira Abana B’Ingagi Mu Kinigi Biragarutse
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Israel Yongereye Ibitero Muri Gaza 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ukraine Yahejwe Mu Biganiro Byo Kurangiza Intambara Yayishegeshe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?