Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubutabera Bwa Kenya Bwemeje Ko Imitungo Ya Kabuga Ikomeza Gufatirwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ubutabera Bwa Kenya Bwemeje Ko Imitungo Ya Kabuga Ikomeza Gufatirwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 April 2023 11:33 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urukiko rw’ikirenga muri Kenya rwatangaje ko ibyo abanyamategeko bamwe basaba by’uko imitungo ya Kabuga Felisiyani yarekurwa ntikomeze gufatirwa nta shingiro bifite.

Ubuvugizi bw’uru rukiko buvuga ko imitungo ya Kabuga igomba gukomeza gufatirwa kugeza ubwo urukiko ruzanzura ku rubanza ari kuburanira i La Haye.

Kabuga yafatiwe mu Bufaransa mu mwaka wa 2020.

Aregwa uruhare rutaziguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, icyo gihe akaba yari umukire ukomeye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Avugwaho kuba yarateye inkunga Guverinoma yateguye ikanakorera Abatutsi Jenoside.

Mu minsi ishize, abo mu muryango wa Kabuga basabye ubutabera bwa Kenya kurekura imitungo ya Kabuga iri muri Kenya irimo inzu y’uyu muherwe iba i Nairobi.

Taliki 06, Gicurasi, 2008 nibwo Urukiko rwanzuye ko iyo nzu ya Kabuga ifatirwa.

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga rwa Kenya witwa Esther Maina ‘yakuriye inzira ku murima’ abo mu muryango wa Kabuga, ababwira ko ibyo kurekura iriya nzu bidashobora gukorwa mbere y’uko urubanza ari kuburana rupfundikirwa.

Inzu ya Kabuga yafatiriwe muri Kenya ni umutungo wanditswe kuri Kabuga Félicien n’umugore we[yapfuye mu mwaka wa 2017 aguye mu Bubiligi] witwa Joséphine Mukazitoni.

- Advertisement -

Uwahoze ari Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga mu mwaka wa 2008 ubwo iriya nzu yafatirwaga ku mabwiriza ya Muga Apondi yanzuye ko umutungo uzajya uva mu bukode bw’iriya nzu ya Kabuga uzajya ushyirwa mu isanduku ya Leta.

Gufatirwa kw’iriya nzu kwakozwe nyuma y’uko bisabwe n’uwahoze ari Umushinjacyaha mukuru wa Repubulika ya Kenya.

Yari abisabwe n’Umuryango w’Abibumbye kubera ko isi yashakaga ko uriya mugabo akurikiranwa ku ruhare yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

The East African isubiramo amagambo ya Perezida w’Urukiko rw’ikirenga witwa Esther Maina agira ati: “ Nemeranya n’umucamanza Muga Amondi kuri iyi ngingo. Nta mpamvu n’imwe yatuma umutungo wa Kabuga udafatirwa. Ibyo abo mu muryango wa Kabuga basaba ko bikurikizwa kugeza ubu nta shingiro ryabyo ndabona”.

Kabuga afite imyaka 87 y’amavuko.

Afungiye i La Haye mu Buholandi aho akurikiranyweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Abashinjacyaha bamushinja gutera inkunga abateguye bakanakora Jenoside yakorewe Abatutsi.

Inzu ya Kabuga yo muri Nairobi ikodeshwa $618 ku kwezi ni ukuvuga amashilingi ya Kenya( Ksh)84,000.

Ubwo  inzu ye yafatirwaga, byari byasabye n’Umushinjacyaha mukuru witwaga Keraiko Tobiko wavugaga ko amafaranga ayivamo Kabuga ayakoresha mu guha abantu ruswa ngo adafatwa.

Hari n’indi mitungo uriya muherwe yari afite muri Kenya.

TAGGED:AbatutsifeaturedJenosideKabugaKenya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Inzibutso Zigiye Gushyirwamo Ikoranabuhanga
Next Article Ikoranabuhanga Mu Bakobwa Rikomeje Gutezwa Imbere
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?