Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubuzima Bw’Abaturage Bugomba Kuza Mbere – Kagame Avuga Ku Isubikwa Rya CHOGM 2021
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ubuzima Bw’Abaturage Bugomba Kuza Mbere – Kagame Avuga Ku Isubikwa Rya CHOGM 2021

admin
Last updated: 08 May 2021 6:16 am
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yavuze ko icyemezo cyo gusubika ubugira kabiri Inama y’Abakuru b’Ibihugu na Guverinoma bagize Umuryango wa Commonwealth, kitoroshye, ariko ubuzima bw’abaturage bugomba gushyirwa imbere y’ibindi byose.

Gusubika CHOGM 2021 ni icyemezo cyafashwe kubera ubwandu bwa COVID-19 bukomeje kwiyongera hirya no hino mu bihugu bigize uyu muryango, bitewe n’ubwoko bushya bwa Coronavirus yihinduranyije. Ni nako imibare y’abapfa igenda izamuka.

Mu nyandiko yemeza isubikwa ry’iyi nama, Perezida Kagame yagize ati “Icyemezo cyo gusubika CHOGM ku nshuro ya kabiri ntabwo cyoroshye. Ubuzima n’imibereho myiza y’abaturage bose ba Commonwealth muri iki gihe gikomeye bigomba kuza ku mwanya wa mbere. Twiteguye kuzakira i Kigali umuryango wa Commonwealth muri CHOGM mu gihe gikwiriye.”

Iyi nama yagombaga kuba mu mwaka ushize, ariko nabwo isubikwa kubera COVID-19. Muri uyu mwaka yari kuzaba ku wa 21-26 Kamena.

Umunyamabanga Mukuru wa Commonwealth, Patricia Scotland, yavuze ko COVID-19 ikomeje kugira ingaruka zikomeye ku bihugu binyamuryango, ku buryo bimwe bikomeje gupfusha abaturage benshi ndetse bikagira n’ibindi bihombo.

Ati “Birababaje kuba tudashobora guhuriza hamwe abayobozi muri Commonwealth ngo baganire byinshi muri ibi bibazo, ariko tugomba kuzirikana ingorane zikomeye inama zihuza abantu benshi zishobora kutugiraho twese.”

Yashimiye uburyo u Rwanda rwari rwiteguye kwakira CHOGM.

Hemejwe ko CHOGM 2021 isubikwa, itariki izaberaho ikazatangazwa nyuma. U Rwanda nubundi nirwo ruzayakira.

Byari byitezwe ko iyi nama izaba abantu bari kumwe aho kuba mu buryo bw’ikoranabuhanga bumaze iminsi bwifashishwa, ikitabirwa n’abantu babarirwa hagati ya 7000 – 10.000.

Umunyamabanga mukuru muri Commonwealth Madamu Patricia Scotland ubwo yajyaga guhura na Perezida Kagame
Yakiriwe na Perezida Kagame baganira kuri byinshi
TAGGED:CHOGM 2021featuredPatricia ScotlandPaul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article CHOGM 2021 Yagombaga Kubera Mu Rwanda Yongeye Gusubikwa
Next Article Minisitiri W’U Bufaransa Ushinzwe Afurika Yahuye Na Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?