Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubuzima Bw’Abaturage Bugomba Kuza Mbere – Kagame Avuga Ku Isubikwa Rya CHOGM 2021
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ubuzima Bw’Abaturage Bugomba Kuza Mbere – Kagame Avuga Ku Isubikwa Rya CHOGM 2021

Last updated: 08 May 2021 6:16 am
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yavuze ko icyemezo cyo gusubika ubugira kabiri Inama y’Abakuru b’Ibihugu na Guverinoma bagize Umuryango wa Commonwealth, kitoroshye, ariko ubuzima bw’abaturage bugomba gushyirwa imbere y’ibindi byose.

Gusubika CHOGM 2021 ni icyemezo cyafashwe kubera ubwandu bwa COVID-19 bukomeje kwiyongera hirya no hino mu bihugu bigize uyu muryango, bitewe n’ubwoko bushya bwa Coronavirus yihinduranyije. Ni nako imibare y’abapfa igenda izamuka.

Mu nyandiko yemeza isubikwa ry’iyi nama, Perezida Kagame yagize ati “Icyemezo cyo gusubika CHOGM ku nshuro ya kabiri ntabwo cyoroshye. Ubuzima n’imibereho myiza y’abaturage bose ba Commonwealth muri iki gihe gikomeye bigomba kuza ku mwanya wa mbere. Twiteguye kuzakira i Kigali umuryango wa Commonwealth muri CHOGM mu gihe gikwiriye.”

Iyi nama yagombaga kuba mu mwaka ushize, ariko nabwo isubikwa kubera COVID-19. Muri uyu mwaka yari kuzaba ku wa 21-26 Kamena.

Umunyamabanga Mukuru wa Commonwealth, Patricia Scotland, yavuze ko COVID-19 ikomeje kugira ingaruka zikomeye ku bihugu binyamuryango, ku buryo bimwe bikomeje gupfusha abaturage benshi ndetse bikagira n’ibindi bihombo.

Ati “Birababaje kuba tudashobora guhuriza hamwe abayobozi muri Commonwealth ngo baganire byinshi muri ibi bibazo, ariko tugomba kuzirikana ingorane zikomeye inama zihuza abantu benshi zishobora kutugiraho twese.”

Yashimiye uburyo u Rwanda rwari rwiteguye kwakira CHOGM.

Hemejwe ko CHOGM 2021 isubikwa, itariki izaberaho ikazatangazwa nyuma. U Rwanda nubundi nirwo ruzayakira.

Byari byitezwe ko iyi nama izaba abantu bari kumwe aho kuba mu buryo bw’ikoranabuhanga bumaze iminsi bwifashishwa, ikitabirwa n’abantu babarirwa hagati ya 7000 – 10.000.

Umunyamabanga mukuru muri Commonwealth Madamu Patricia Scotland ubwo yajyaga guhura na Perezida Kagame
Yakiriwe na Perezida Kagame baganira kuri byinshi
TAGGED:CHOGM 2021featuredPatricia ScotlandPaul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article CHOGM 2021 Yagombaga Kubera Mu Rwanda Yongeye Gusubikwa
Next Article Minisitiri W’U Bufaransa Ushinzwe Afurika Yahuye Na Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?