Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubwato Bwarimo Abantu 31 Bwarohamye Mu Nyanja
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ubwato Bwarimo Abantu 31 Bwarohamye Mu Nyanja

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 November 2024 4:26 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ubwato Seastory
SHARE

Ubuyobozi mu nzego z’umutekano mu Misiri butangaza ko hari ubwato bwarohamye abantu 17 mu  bari baburimo baburirwa irengero.

Bwarohamye ubwo barimo bwambuka Inyanja Itukura, abantu 28 bo bararohorwa.

Mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere taliki 25 Ugushyingo, 2024 nibwo amakuru y’ibyo byago yamenyekanye.

Ku wa Gatandatu nibwo buriya bwato bwatsutse buva ku mwaro w’ahitwa Marsa Alam rurimo abantu 31 n’abakozi 14.

Umusirikare mu ngabo za Misiri zirwanira mu mazi witwa Major General Amr Hanafi yavuze ko abarokotse bashyizwe ahantu bari guhererwa ubufasha.

Yabwiye BBC ko abasirikare barwanira mu mazi bari gukora uko bashoboye ngo barebe ko hari abarokotse baboneka bagihumeka.

Abenshi mu bari baburimo ni Abanyamisiri ariko harimo na ba mukerarugendo bo mu Bwongereza, muri Suwede, mu Bushinwa n’abandi.

Marsa Alam ni agace ka Misiri kazwiho gusurwa na ba mukerarugendo bakunda kugendera ku byuma biserebeka bita skis ndetse n’ahantu hakunda kugaragara ibinyabuzima bitandukanye hitwa ‘coral reefs’ mu magambo y’Icyongereza.

Ubwato bwakoze iyo mpanuka bwakozwe mu mwaka wa 2022 nk’uko ubuyobozi bw’ikigo kibugenga kitwa Dive Pro Liveabroad bubyemeza.

Bureshya na metero 44 z’uburebure bukaba bufite ubushobozi bwo gutwara abantu 36.

TAGGED:AbakerarugendoInyanjaKurohamaMisiriUburebureUbwato
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Musanze: Bateye Ibiti Byo Gufata Ubutaka Bwashokeraga Mu Kiyaga Cya Ruhondo
Next Article Centrafrique: RDF Yahuguye Abagore Uko Ihohoterwa Rishingiye Ku Gitsina Rirwanywa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?