Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubwenge Burarahurwa: Yize Uko Umusaruro W’Ibigori Wamufasha Korora Ingurube
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Ubwenge Burarahurwa: Yize Uko Umusaruro W’Ibigori Wamufasha Korora Ingurube

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 April 2022 12:41 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Jean Marie Pierre Ngirumugenga atuye Umurenge wa Kigabiro mu Karere Ka Rwamagana. Aherutse kubwira itangazamakuru ko ubumenyi yarahuye ku baturage bari basanzwe boroye ingurube bwamufashije nawe arazorora kandi mbere atarazihaga agaciro. Yamenye uko guhinga ibigori byamufasha korora ingurube.

N’ubwo asanzwe ari umuhanga mu buvuzi bw’amatungo, Jean Marie Pierre Ngirumugenga avuga ko mbere atumvaga akamaro ko korora ingurube.

Avuga ko kumenya korora ingurube byaje biturutse ku makuru yakuraga mu baturage bazoroye yajyaga kuvurira amatungo.

Yaje kugira igitekerezo cyo korora ingurube bya kinyamwuga.

Ati: “Mu kazi k’ubugoronome nageraga ku bahinzi n’aborozi. Hari igihe aborozi batabyigiye bafasha uwabyize kubikora kandi akabikora neza. Naje kubona aboroye ingurube ndabegera turavugana mbabaza icyo zitanga, uko zororoka…nyuma nza kumva ari umushinga wunguka mpita mfata icyemezo cyo kubitangira.”

Jean Marie Pierre Ngirumugenga atuye Umurenge wa Kigabiro mu Karere Ka Rwamagana.

Ngirumugenga  yaje gutera imbere mu bworozi bwe k’uburyo ubu afite ingurube 1200 zitabwaho n’abakozi 17.

Ateganya kuzashaka abandi bakozi kuko ingurube ze ziri kwiyongera bityo zicyeneye benshi bo kuzitaho.

Arateganya abandi bakozi 10 mu gihe gito kiri imbere.

Si ubworozi  akora gusa ahubwo ahinga n’urutoki ndetse n’ibigori.

Ifumbire akura mu mwanda ingurube zisohora ayifumbiza ibigori bye nabyo byakwera bikamuha ibyo agarubira ingurube ze.

Urutoki n’ibigori bye, byose abihinga ku buso bwa hegitari 27.

Ingurube zibaho gute?

Ingurube zororoka vuba

Nk’umuhanga mu buvuzi bw’amatungo akaba anazoroye, Bwana Jean Marie Pierre Ngirumugenga avuga ko iyo ingurube ibura ukwezi ngo ibyare igira ahantu hayo habugenewe ijyanwa.

Bikorwa mu rwego rwo  kugira ngo yitabweho by’umwihariko.

Iyo ihageze bituma ituza igatangira kwitegura kubwagu

Icyana kibwagaguza Nyina mu gihe kiri hagati y’ukwezi kumwe n’igice n’amezi abiri ubundi kigacuka.

Nyuma kijyanwa ahantu ho kwitabwaho, kikagaburirwa intungamubiri zihariye zicyongerera ibilo.

Kigaburirwa bihagije bikagifasha gukura vuba k’uburyo hagati y’amezi ari hagati y’atandatu n’amezi arindwi kiba gipima ibilo 100.

Guhinga ibigori bimufasha mu kubona ibiryo by’ingurube ze

Ni ibilo bihagije k’uburyo kiba gishobora kugurishwa.

Niba ingurube ipima ibilo 100 kandi ikilo kimwe akibarira Frw 4000 bivuze ko iyo ngurube iba igura Frw 400,000.

Ingurube n’inkoko niyo matungo Abanyarwanda bazaba barya ari benshi mu myaka iri imbere…

Umuyobozi mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere ry’ubuhinzi n’ubworozi ariko ushinzwe by’umwihariko ubworozi Dr  Solange Uwituze aherutse kubwira itsinda ry’aborozi b’ingurube bo mu Rwanda ko  imibare yerekana ko mu mwaka wa 2050, Abanyarwanda bazaba barya inyama z’ingurube n’inkoko kurusha iz’andi matungo yose.

Dr Solange Uwituze

Dr Solange Uwituze yabivugiye mu Nteko y’aborozi b’ingurube yateraniye i Kigali mu byumweru bicye bishize.

Yari yayitumiwemo ngo agire inama abo borozi akurikije uko ubworozi bwabo buhagaze muri iki gihe.

Uwituze avuga ko iyo arebye uko imibare ihagaze muri iki gihe, usanga igenamigambi rivuga ko mu mwaka wa 2050, Abanyarwanda bazaba bagera kuri miliyoni 22 kandi ngo bazaba bafite amikoro atuma buri Munyarwanda yinjiza 12 000 $ ku mwaka.

Kubera ko ubutaka bwo guturaho buzaba ari buto, ubworozi buzakorwa muri kiriya gihe ni ubw’amatungo atarisha cyane, ayo akaba ari ingurube n’inkoko.

Kubera iyi mpamvu, Dr Solange Uwituze yabwiye aborozi b’ingurube ko bagomba gutangira gutegura uko bazahaza isoko ry’Abanyarwanda mu gihe kiri imbere.

Ati: “ Mugomba gutangira gushyira ibintu ku murongo, mukorora neza mugashikama mu mwuga, umusaruro ukiyongera kugira ngo igihe Abanyarwanda bazaba bageze kuri uriya mubare muzabahe inyama bazaba bakeneye.”

Mu Mwaka Wa 2050, Abanyarwanda Benshi Bazaba Barya Ingurube

TAGGED:AbanyarwandafeaturedIngurubeInyamaKigabiroRwamagana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hasomwe Misa Yo Kwibuka Prof Paul Farmer
Next Article Mu Burundi Basenze Imana Ngo Itabare Ukraine
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?