Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubwisanzure Bw’Itangazamakuru Bugomba Kuba Bwubakiye Kubarikora-CP Kabera
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ubwisanzure Bw’Itangazamakuru Bugomba Kuba Bwubakiye Kubarikora-CP Kabera

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 May 2021 11:10 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police( CP) John Bosco Kabera avuga ko abanyamakuru b’abagore bagomba kurushaho guhabwa agaciro  kandi ababishoboye bagahabwa ubuyobozi mu binyamakuru bakorera. Yongeyeho ko ubwisanzure bw’itangazamakuru bugomba gushingira ku barikora.

Ni ubutumwa yageneye abanyamakuru kuri uyu wa Mbere tariki 03, Gicurasi, umunsi mpuzamahanga wahariwe ubwisanzure bw’itangazamakuru ku isi.

Mu ijambo rigufi, CP Kabera yavuze ko abagore bakora mu itangazamakuru bagomba kongera ubushobozi bwabo, bigatuma bahabwa agaciro ndetse bakajya no myanya ifata ibyemezo mu bigo by’itangazamakuru bakorera.

Ubutumwa bwe bugira buti: “Abanyamakuru b’abagore bakeneye guhabwa agaciro mu byo bakora kandi bagashyirwa mu myanya ifata ibyemezo mu binyamakuru bakoramo.”

CP Kabera asaba abanyamakuru kwimakaza ubunyamwuga  haharanirwa ubwisanzure bwubakiye ku barikora.

Uko Polisi ibona umubano wayo n’Itangazamakuru…

Mu kiganiro kihariye aherutse guha Taarifa, CP Kabera yabajijwe niba yakwemeza ko Polisi y’u Rwanda ibanye neza n’abanyamakuru asubiza ko ‘asanga babanye neza’.

Yabajijwe niba nta hantu abanyamakuru bajya bagonganira na Polisi, asubiza ko ku bwe ntaho azi.

CP Kabera yagize ati: “ Dukoranye neza. Njye ntekereza ko dukoranye neza. N’ubwo ntazi uko ibitangazamakuru bitandukanye bibibona ariko njyewe ntekereza ko dukoranye neza.”

Umuvugizi wa Polisi icyo gihe yabwiye Taarifa ko niyo haba hari ibyo inzego zombi( itangazamakuru na Polisi) zitumvikanyeho, hari uburyo bwashyizweho zibiganiraho bigakemuka.

Avuga ko iyo Polisi ibonye hari ikitagenda neza ku kinyamakuru cyangwa umunyamakuru runaka, ihamagara umuyobozi w’icyo kinyamakuru cyangwa urwego rubashinzwe, bakabiganira bigakemuka.

Yunzemo kandi ko igitangazamakuru runaka kibonye ko hari uburyo Polisi itakibaniye neza, gishobora guhamagara umuvugizi wayo, ibitagenda neza bikaganirwaho bigakemurwa.

Umva ikiganiro CP Kabera aherutse guha Taarifa:

TAGGED:CPfeaturedTaarifa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amafoto: Tour Du Rwanda 2021 Yerekeje I Huye
Next Article Ingabo Za Congo Zirukanye Inyeshyamba Mu Duce Twa Ituri
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Njozi: Indirimbo Nshya Ya Element Yatunganyijwe N’Usanzwe Ukorana Na Diamond

Intumwa Za DRC N’Iza AFC/M23 Zongeye Kuganirira i Doha

Rwanda: Ababyeyi Baraburirwa Ngo Barinde Abana Ibibi Bya Interineti

Ingabire Immaculée Agiye Gushyingurwa

Hamas Iherutse Guhura Mu Ibanga N’Intumwa Za Amerika Kubera Kudashira Amakenga Israel

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Yasinyanye N’Abarabu Amasezerano Yo Kubaka Gaza Nshya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Rayon Yahagaritse Umutoza Mukuru Bari Bamaze Iminsi Muri Rwaserera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

Kagame Yaganiriye N’Abayobora Ikigo Nyafurika Cy’Imiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Nick Ngendahayo Ari Gutegura Igitaramo Kirangiza Umwaka Kizabera I Kigali 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?