Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubwongereza Buratangaza Ko Bwemeye Palestine Nka Leta Yuzuye 
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ubwongereza Buratangaza Ko Bwemeye Palestine Nka Leta Yuzuye 

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 September 2025 8:17 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Itangazamakuru ryo mu Bwongereza ritangaza ko kuri uyu wa Gatanu Guverinoma iyobowe na Sir Keir Starmer iri butaganze ku mugaragaro ko itangiye gufata Palestine nk’igihugu kigenga byuzuye.

The Guardian yanditse ko Minisiteri w’Intebe Sir Keir Starmer avuga ko icyemezo cy’Ubwongereza kidashingiye kubyo aherutse kuganira na Donald Trump cyane ko uyu adashyiigikiye ko Palestine iba igihugu kigenga byuzuye.

Abongereza bavuga kandi ko bategereje ko Israel yakwisubiraho ikareka ibyo iri gukora muri Palestine baraheba, bikaba byari bube uburyo bwiza bwo gutuma bigizayo itariki yo gutangaza ko bemeye Palestine.

Ikindi ni uko Ubwongereza buvuga ko niyo Israel yarakazwa n’Iki cyemezo, bitababuza kubyanzura.

Benyamini Netanyahu aherutse kubwira itangazamakuru ko abantu bose bashaka gushyigikira ko Palestine yigenga, barushywa n’ubusa kandi ko ibyo bakora nta kindi bizamara kitari ugutera Hamas akanyabugabo

Ku ngingo y’ibyo aherutse kuganira na Trump, Starmer yavuze ko yamumenyesheje ko Palestine iramutse yigenze, yaba igihugu kitarangwamo Hamas.

Palestine ni igihugu gituranye na Israel.

Amerika ivuga ko itakomeza guha akato Ubwongereza kuri iyo ngingo kuko ngo niyo Palestine yaba igihugu, bitabuza Israel gukomera mu Karere iherereyemo.

Ububanyi n’amahanga bw’Ubwongereza nk’uko biri n’ahandi mu Burayi, buvuga ko hari umwuka mubi hagati ya Trump na Netanyahu bitewe ahanini n’uko uyu aherutse kurasa muri Qatar ashaka guhitana abayobozi na Hamas.

Netanyahu ubwo yahaga ikiganiro abanyamakuru ari kumwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga Marco Rubio yavuze ko kurasa Hamas muri Qatar ari icyemezo igihugu cye cyafashe ntawe kigishije inama.

Ati: “Buri gihugu gifite uburenganzira bwo kurinda abagituye kandi nta gihugu cyemerewe kuba icumbi ry’abagirira nabi ikindi. Nk’uko Amerika yari ifite uburenganzira bwo kurasa Al Qaeda n’Umuyobozi wayo imusanze muri Pakistan, natwe ubwo burenganzira turabufite.”

Ibihugu 142 bigize Umuryango w”Abibumbye biherutse gutora byemeza ko Palestine ikwiye kuba igihugu kigenga.

Amerika na Israel byarabyanze.

Israel ivuga ko Palestine iramutse yigenze, yahinduka ahantu abakora iterabwoba bajya baca bayitera butabavunnye.

TAGGED:featuredIgihuguIsraelPalestineUbwigenge
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Volleyball: U Rwanda rwaserewe Muri 1/4 Cy’Igikombe Cy’ Afurika
Next Article Rutsiro: Hubatswe Ibitaro Bizunganira Ibya Murunda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rutsiro: Hubatswe Ibitaro Bizunganira Ibya Murunda

Ubwongereza Buratangaza Ko Bwemeye Palestine Nka Leta Yuzuye 

Volleyball: U Rwanda rwaserewe Muri 1/4 Cy’Igikombe Cy’ Afurika

Gisèle Umuhuza Yasimbuwe Na Canoth Manishimwe Muri MININFRA

Ariel Wayz Na Babo Bajyanywe Mu Kigo Ngororamuco

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Ese Icyemezo Cya Leta Cyahombeje Abacuruzi Bagafunga Cyavugururwa?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

DRC: Urugo Rwa Azarias Ruberwa Rwatewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Abaturage 354,000 Bagiye Guhabwa Amazi Meza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?