Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubwonko Bwa Kabuga Burarwaye ‘Ntashobora’ Kuburana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ubwonko Bwa Kabuga Burarwaye ‘Ntashobora’ Kuburana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 June 2023 10:23 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urukiko rw’i La Haye rwanzuye ko Felisiyani Kabuga adashobora kuburanishwa kubera ibyo rwise ‘ibibazo by’ubuzima’.

Hari amakuru avuga ko ubwonko bwa Kabuga bitakibuka ibintu byose byabaye mu gihe cyahise.

Raporo ikubiyemo umwanzuro w’urukiko Taarifa yaboneye kopi ivuga ko abacamanza bakurikiranye ikibazo cy’ubuzima bwa Kabuga bahawe buri byumweru bibiri raporo y’uko ubuzima bwe buhagaze banzuye ko adashobora kwitabira urubanza, ngo yumve ibyo aregwa, abyibuke, agire icyo abyisobanuraho kuko ubwonko bwe bwazahaye.

Abaganga bakurikiranye ubuzima bwe ni Professor Henry Kennedy mugenzi we Gillian Mezey.

Ubu afite imyaka 90 y’amavuko.

Uyu musaza ashinjwa uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Aregwa gutanga amafaranga ndetse no kugura imihoro yakoreshejwe mu kwica Abatutsi.

Iburanisha rya Kabuga ryari ryarahagaritswe guhera muri Werurwe, 2023.

Urukiko rw’i La Haye rwatangaje ko n’ubwo bigaragara ko Kabuga adashobora gukomeza kuburana, ariko ngo hagiye kwigwa uko urubanza rwe rwakomeza binyuze mu bundi buryo ariko ntazakatirwe.

Felesiyani Kabuga yafagiwe mu Bufaransa mu mwaka wa 2020 amaze hafi imyaka 25 yihisha ubutabera.

Muri iki gihe Felisiyani Kabuga agendera mu igare ry’abafite ubumuga.

Impuzamiryango y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, IBUKA, ivuga ko uko byagenda kose, Felisiyani Kabuga yagombye kuburanishwa kugira ngo n’abo yagize uruhare mu guhemukira nabo babone ubutabera.

Inteko y’abacamanza yafashe uyu mwanzuro
TAGGED:AbatutsifeaturedIBUKAIbyahaJenosideKabugaKuburana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ruhango: Yemereye Urukiko Ko Yishe Umugore We Utwite Ku Bushake
Next Article Ubuzima Bwa Papa Francis Bukomeje Kuba Bubi, Agiye Kubagwa Amara
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?