Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 September 2025 3:59 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida wa Amerika Donald Trump yatangaje ko igihugu cye cyemeranyije n’Ubushinwa ko TikTok ikomeza gukora muri Amerika. Ubwo yajyaga ku butegetsi mu ntangiriro za 2025, Trump yavuze ko TikTok ikwiye gucibwa mu gihugu cye kuko ari igikoresho cy’ubutasi bwa Beijing.

Kuri Truth Social, Trump yanditse ati: “ Mu nama yaduhuje n’Ubushinwa yabereye mu Burayi yagenze neza. Ibyayivuyemo mu buryo budasubirwaho biratangazwa vuba aha.”

Yavuze ko hari ingingo baganiriyeho irebana n’urubuga nkoranyambaga urubyiruko rw’igihugu cye rukunda kandi ngo ruraza kwishima cyane.

Donald Trump yatangaje ko kuwa Gatanu Tariki 20, Nzeri, 2025 azaganira na mugenzi we uyobora Ubushinwa bakabyemeranyaho mu buryo burambye.

CNN(Cable News Network) yatangaje ko ibya TikTok biri mu ngingo nkuru Abadipolomate b’ibihugu byombi bari bamaze iminsi baganiraho mu nama yaberaga i Madrid muri Espagne.

Umunyamabanga wa Leta zunze ubumwe z’Amerika ushinzwe ubucuruzi n’inganda witwa Scott Bessent niwe wari uyoboye itsinda rya Washington, akaba yavuze ko ibiganiro ku ikoreshwa rya TikTok muri Amerika byagenze neza cyane.

Imwe mu ngingo yari imaze iminshi itangazwa n’ubutegetsi bwa Trump ku byerekeye TikTok yari iy’uko uru rubuga nkoranyambaga rukunzwe cyane n’urubyiruko rwo muri Amerika rwagurwa n’ikigo cy’Abanyamerika.

Icyakora byari bitarahabwa umurongo wemeranyijweho n’impande zombi.

Abanyamerika bavuga ko urwo rubuga ari intwaro Ubushinwa bukoresha ngo bukusanye amakuru y’ibibera hirya no hino ku isi harimo no muri Amerika.

Hari raporo y’ikigo SEO.AI yavuze ko Abanyamerika Miliyoni 170 bakoresha TikTok kandi mu mwaka wa 2024 abatuye Leta zunze ubumwe z’Amerika bari Miliyoni 340.1.

Abanyamerika bakurikirwa n’abaturage ba Indonesia n’aba Brazil mu gukoresha TikTok cyane kurusha abandi bose ku isi.

TAGGED:AmerikafeaturedTikTokTrumpUbushinwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe
Next Article Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umukinnyi Ukomeye Wa Kepler WBBC Yaguzwe Na REG WBBC

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Umuhuza Wa Afurika Yunze Ubumwe Mu Kibazo Cy’u Rwanda Na DRC Ari i Kigali

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Inama Y’Igihugu Y’Umushyikirano Iragarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?