Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uganda Amatora Yatangiye, Murandasi Ntikora
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Uganda Amatora Yatangiye, Murandasi Ntikora

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 January 2021 6:56 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Muri iki gitondo, abaturage ba Kampala n’ahandi muri Uganda baramukiye mu matora y’Umukuru w’Igihugu akomatanyije n’Abadepite. Abatora ni miliyoni umunani. Imbuga nkoranyambaga zafunzwe.

Umwe mu batuye Kampala witwa Ronald yaraye abwiye Taarifa ko abasirikare na Polisi bari baryamiye amajanja bafite imodoka ziremereye na kajugujugu zizenguruka mu kirere kandi ari nyinshi.

Muri rusange ibintu biratuje, hari abapolisi benshi n’ingabo kandi bafite ibimodoka binini, kandi ni ubwa mbere abaturage babonye ingabo n’abapolisi bangana batya.

Abaturage biyandikishije bagomba gutora muri iki gitondo kandi ibiro by’itora byafunguye saa moya za mu gitondo (7h00 am) ni ukuvuga saa kumi n’ebyiri za mu gitondo ku isaha y’i Kigali(6h00am).

Hari amakuru avuga ko hari ibice bimwe bya Kampala abantu batemerewe gusohokamo, kandi murandasi ngo yavanyweho.

Abantu bahanganye cyane kurusha abantu muri ariya matora ni Perezida Museveni na Hon Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi ku izina rya Bobi Wine.

Mu ijambo Perezida Museveni yagejeje ku baturage kuri uyu wa Kabiri habura iminsi ibiri kugira ngo amatora abe, yihanangirije abantu bose bafite umugambi wo gukoma mu nkokora imigendekere y’amatora, ababwira ko bazabona akaga.

Yasabye abaturage kuzayitabira ari benshi kandi ko batagomba kuzagira ubwoba bw’uko hari uwabahohotera.

Yagize ati: “ Ntimuzagire ubwoba bwo kuza gutora kuko nahaye amabwiriza abashinzwe umutekano yo kuzabarinda. Kandi bariteguye.”

Museveni yavuze ko uzagerageza kubahungabanya azakubitwa inshuro atarabikora.

Yabasabye kwibuka uko ababigerageje bakubitiwe inshuro muri Kampala mu minsi yashize.

Avuga ko nta kintu inzego z’umutekano zananirwa kwivuna uko cyaba kimeze kose kandi ko nta gice cya Uganda zitageramo ngo zikirinde.

Itangazo rihagarika imbugankoranyambaga
TAGGED:AmatoraBobifeaturedKampalaMuseveniUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ingabo z’urwanda zanditse amateka kurwego mpuzamahanga
Next Article Uganda: Abaturage Baje Gutora Ariko Kwirinda COVID-19 Biragoye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?