Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uganda: Imvura Nyinshi Yahitanye Abantu 15
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ibiza KamereMu mahanga

Uganda: Imvura Nyinshi Yahitanye Abantu 15

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 November 2024 10:27 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Croix Rouge ya Uganda iri gutabara abagihumeka( Ifoto: Reuters)
SHARE
Abantu 15 nibo bamaze kubarurwa ko bahitanywe n’amazi y’imvura yaguye mu minsi ishize, abandi 100 ubu baburiwe irengero. Inkangu ukomeye yahitanye abo bantu bari basanzwe batuye muri disitirigiti ya Bulambuli mu bilometero 300 uvuye mu murwa mukuru, Kampala.
Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byatangaje ko inzu nyinshi zahiritswe nayo imivu ikomeye yamanukaga ku misozi, izindi zirundumukana n’inkangu zatewe n’amazi hirya no hino muri kariya gace.
Ku wa Gatatu nibwo iki cyiza cyateye muri Uganda, ubuyobozi bwo mu gace kibasiwe bukemeza ko hari abantu benshi bashobora kuba barahitanywe nacyo kuko hari abataraboneka mu bahoze bagize imiryango imwe n’imwe.
Al Jazeera yemeza ko inzu zimaze kubarurwa ko zasenyutse burundu ari 40, aya akaba ari amakuru yatangajwe na Croix Rouge yo muri iki gihugu.
Hari inzu zitasenyutse ariko zangiritse bigaragara.
Umuvugizi w’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe witwa Charles Odongtho yatangaje ko hari impungenge z’uko hari abantu bahuye n’akaga bakaba bataraboneka, ariko akemeza ko ibikorwa byo gutabara abagihumeka bigikomeje.
Odongtho avuga ko hari ibiraro byasenyutse ku rwego rukomeye k’uburyo kubisana bizasaba izindi mbaraga.
Polisi ya Uganda ivuga ko hari abantu 113 bataraboneka, ikemeza ko kubageraho bigoye kuko imihanda yo muri kariya gace yangiritse bikomeye.
Imbangukiragutabara ntiziri kubona aho zica ngo zijye kuzana abahuye n’akaga kandi n’imfashanyo ya Croix Rouge nayo ntiri kugera ku bayikeneye mu buryo bworoshye.
Nk’uko bimeze mu Rwanda, muri Uganda naho hamaze iminsi hari imvura nyinshi yatangiye mu Ukwakira, ikaba igikomeje kugwa.
Yateje imyuzure n’inkangu mu bice by’iki gihugu kandi iyaguye mu ijoro ryo ku wa Kabiri muri iki Cyumweru yatumye amazi y’uruzi rwa Nili ruca muru Uganda azamuka cyane ateza imyuzure mu mirima ituranye n’aho ica.
Amazi ry’uru ruzi yarenze inkombe ku buryo yageze mu bice bimwe na bimwe bya Kampala.
Umuhanda wangijwe n’ayo mazi ni uhuza Kampala n’ibice by’Amajyaruguru ashyira Uburengerazuba bwa Uganda.
Ni amakuru atangwa n’Ikigo cya Uganda gishinzwe iby’imihanda kitwa Uganda National Roads Authority  ndetse na Polisi y’iki gihugu irabyemeza.
Abahanga bavuga ko imwe mu mpamvu ituma Uganda yibasirwa n’ibiza bikayishegesha ni uko amashyamba yatemwe ku bwinshi bituma impinga zayo zisigara ari agasi.
Ibyo bitera inkangu n’imyuzure ikomeye iteza ibibazo mu baturage.
Ibyago Uganda ifite muri iki gihe yigeze guhura nabyo mu mwaka wa 2010 ubwo inkangu n’izindi ngaruka ziterwa n’imvura nyinshi zahitanaga abantu 80.
TAGGED:featuredImvuraInkanguKampalaUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rulindo: Abantu Batatu Bishwe N’Ikirombe Cyabagwiriye
Next Article Ambasaderi Wa Israel Afitiye Ubutumwa Abanyarwandakazi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?