Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uganda Yihanije Ubwongereza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Uganda Yihanije Ubwongereza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 May 2024 7:23 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Inteko ishinga amategeko ya Uganda yasohoye itangazo risaba Guverinoma y’Ubwongereza kutivanga mu mikorere yayo. Ibitangaje nyuma y’uko Ubwongereza buherutse gufatira ibihano abayobozi batatu bakuru mu buyobozi bwa Uganda kubera ruswa ibavugwaho.

Mu Nteko yaguye yaraye ihuje Abadepite ba Uganda, bemeje ko bidakwiye ko Ubwongereza busuzugura Uganda ngo ni uko bwayikolonije kuko igihe cy’ubukoloni cyarangiye.

Si ruswa gusa ariko yihishe inyuma y’uyu mujinya, ahubwo abayobozi bo muri Uganda bavuga ko n’ikibazo cy’ubutinganyi ari ikintu abo mu Burengerazuba bw’Isi bakangisha ab’ahandi ngo nibatabukurikiza bazafungirwa amazi n’umuriro.

Ibi Uganda isanga bidakwiye.

Tugarutse ku kibazo giherutse kurakaza abayobozi ba Uganda, twababwira ko Guverinoma y’i London mu minsi ishize yatangaje ko ifatiye ibihano abayobozi batatu barimo na Perezida w’Inteko Ishinga amategeko ya Uganda, Anita Among n’Abadepite babiri ari bo:  Goretti Kitutu na Agnes Nandutu…bose Ubwongereza bukaba bubashinja ruswa.

Nandutu yigeze kuba umunyamakuru ukomeye wa Televiziyo ya NTV, akundwa cyane mu kiganiro cyayo kitwaga Point Blank.

Agnes Nandutu arinzwe n’abapolisi

Kitutu na Nandutu bigeze no kuba Abaminisitiri ubu bakaba bakekwaho ruswa iherutse no gukomozwaho n’Urukiko rwa Uganda rushinzwe kurwanya ruswa rwitwa Uganda Anti Corruption Court.

Bombi bavugwaho kunyereza amabati yari agenewe abaturage bakennye bo mu Majyaruguru ya Uganda ahitwa Karamoja.

N’ubwo ikibazo kivugwa mu itangazo rihana Abadepite n’abayobozi ba Uganda ryatambukijwe n’Ubwongereza ari uko ribitangaho impamvu, uruhande rwa Uganda rwo ruvuga ko ako ari agakingirizo babahumye mu maso, ahubwo ko impamvu nyayo ari ukwanga iby’abatinganyi.

Abadepite ba Uganda ntibumva ukuntu ikibazo cy’amabati yari butangwe n’abayobozi ba Uganda bayaha abaturage ba Uganda bikarangira batayabahaye kandi inkiko zikabibakurikiranaho,  gihindukira kikaba ikibazo cya Guverinoma y’Ubwongereza!

The East African ivuga ko Abadepite ba Uganda babyitegereje neza baza gusanga nta kindi kibyihishe inyuma kitari ugushaka kwihimura kuri Uganda kubera ko mu mwaka wa 2023 yatoye itegeko ryamagana ubutinganyi ndetse rihanisha ibihano bikomeye uzakatirwa n’inkiko kubera bwo.

Ubwo twandikaga iyi nkuru ntacyo Guverinoma y’Ubwongereza yari yatangaje kuri iyi ngingo yazamuwe na Uganda.

Ifoto Ibanza: Ingoro y’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda

TAGGED:AbadepiteBwongerezafeaturedIntekoUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ngororero: Yatwikiye Umwana We Mu Nzu
Next Article Muhanga: Abataramenyekana Batwitse Imodoka Y’Abarwayi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nyagatare: Hatangijwe Umushinga Mugari Wo Guhinga Ubutaka Bukomatanyije

Abanyamakuru Barekuwe N’Urukiko Rwa Gisirikare

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Ingengabihe Y’Umwaka Utaha W’Amashuri Yatangajwe

Yanditse Igitabo Ku Gahinda Yatewe No Gupfusha Umugore We

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Uganda: Umwe Mu Bakire Bakomeye Yiciwe Mu Biro Bye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?