Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uganda Yikomye Abayishinja Gukorana Na M23
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Uganda Yikomye Abayishinja Gukorana Na M23

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 June 2024 10:45 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Brig Gen Felix Kulayigye uvugira ingabo za Uganda avuga ko ibikubiye muri raporo ishinja igihugu cye gukorana na M23 ari ibinyoma. Iyo raporo yakozwe n’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye.

Ni raporo bise ko ari iya agateganyo impuguke z’Umuryango w’Abibumbye zikoze.

Umunyamakuru Andrew Mwenda aherutse gutangaza ko abakoze iyo raporo bayishingiye ku kiganiro we ubwe yahaye umwe mu bakozi ba Ambasade y’Amerika muri Uganda.

Mwenda avuga ko intumwa za M23 zirimo Umuvugizi wayo zamusabye kuzihuza na Ambasade z’ibihugu birimo Amerika i Kampala kugira ngo zizisabe guhuza uyu mutwe na Leta ya RDC.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umukozi wo muri iyi Ambasade yabajije Mwenda niba intumwa za M23 zarahuye n’umuyobozi wo muri Uganda, asubiza ko atabizi ariko ngo yaje gutungurwa no kumva izi mpuguke zaranditse ko ‘umuntu ukomeye muri Uganda’ ari gushakira M23 ibiganiro.

Mwenda yagize ati: “ Iri tsinda ryavuze ko navuganye na M23 nyishakira ibiganiro na Ambasade zo mu Burengerazuba kugira ngo uyu mutwe ukurirweho ibihano. Abayobozi bo muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga bampaye dosiye y’ibyo izi mpuguke zavuze, iyo dosiye yanavugaga ko Uganda itoza M23. Byagaragaye neza ko Abanyamerika ari bo babibwiye Loni, babishingiye ku kiganiro nagiranye n’umukozi wabo”.

Bimwe mu bikubiye muri iyo raporo ‘y’agateganyo’ bivuga ko nubwo bamwe mu bayobozi bo muri M23 bafatiwe ibihano bibabuza gukorera ingendo mu mahanga, Uganda ibafasha kujyayo.

Ndetse ngo hari bamwe muri bo Uganda icumbikiye.

Mu kugira icyo abivugaho, Brig Gen Kulayigye yatangaje ko Uganda ifitanye umubano mwiza na DRC bityo ko idashobora guha M23 ubufasha.

- Advertisement -

Avuga ko muri iyo raporo nta kimenyetso yabonyemo gifatika cyaherwaho gituma ibiyikubiyemo bigira ishingiro.

Ati: “Nta kimenyetso nabonye muri iyi raporo. Dufitanye umubano mwiza na Kinshasa, ntabwo ari twebwe twafasha inyeshyamba za M23”.

Avuga kandi ko bibabaje kubona abakoze iyo raporo barayikoranye ubunebwe kuko batigeze babaza Leta ya Uganda ubwayo ngo igire icyo itangaza kubiyivugwaho.

Ingabo za Uganda zoherejwe mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba.

Inshingano zari zifite zari ukujya hagati  y’ingabo za DRC n’abarwanyi ba M23 mu gihe hari hategerejwe imishyikirano.

Nta gihe kinini cyatambutse hanyuma izo ngabo zirukanwana na zigenzi zazo zo muri Kenya, Sudani y’Epfo, zose zigenda zishinjwa ‘kutarwanya’ M23.

Uyu mwuka mubi uje hagati ya Uganda n’impuguke za UN nyuma y’uko n’ubundi hari hasanzwe ubwumvikane buke hagati ya Kampala na Washington ndetse na London bapfa ko Uganda yatoye itegeko rihana ubutinganyi.

Ibi ni Uganda ibitangaza.

Ku rundi ruhande, abo muri biriya bihugu bo bavuga ko uretse no kuba Uganda itubahiriza uburenganzira bw’ababana bahuje ibitsina, ku rundi ruhande ngo abayobozi bakuru b’iki gihugu bamunzwe na ruswa.

TAGGED:AmerikafeaturedIngaboM23Mwenda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Musanze: Bamusanganye Litiro 2000 Z’Inzoga Yitwa ‘Nzoga Ejo’
Next Article DRC: Umusirikare Yishwe N’Umugore We Amurashe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?