Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ugirashebuja Yasabye RIB Kurushaho Kwimakaza Ubunyamwuga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbutabera

Ugirashebuja Yasabye RIB Kurushaho Kwimakaza Ubunyamwuga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 October 2024 8:44 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Minisitiri Ugirashebuja niwe wayoboye iyi nama ya Gatanu ya RIB
SHARE

Minisitiri w’ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Dr. Emmanuel Ugirashebuja asaba abagenzacyaha kurushaho kuzamura ubunyamwuga kugira ngo bakomeze kuba ikitegererezo mu gutanga ubutabera.

Yabivugiye mu ijambo yaraye agejeje ku bagenzacyaha bari bitabiriye Inama rusange ya gatanu y’Urwego rw’Ubugenzacyaha.

Ugirashebuja avuga ko muri rusange abakozi b’Urwego rw’Ubugenzacyaha bakora akazi neza n’umurava mwinshi.

Avuga ko uruhare rwabo rutuma abaturage barushaho kubagirira icyizere.

Kuri Minisitiri w’ubutabera, gukora kinyamwuga bituma abagenzacyaha baba irembo ry’ubutabera kandi ngo bigendana n’ubufatanye n’izindi nzego kugira ngo umusaruro witezwe mu butabera uboneke kandi utubutse.

Ku rundi ruhande, avuga ko hari abagenzacyaha bamwe bateshuka umurongo uboneye RIB igenderamo.

Minisitiri w’ubutabera asaba abakozi ba RIB kuzamura ubunyamwuga kuko hari abatandukira

Ati: “ Ariko ntihabura umubare w’abatagendera muri uwo murongo, bikaba ngombwa ko duhora twibukiranya iri hame rya ngombwa. Nk’uko nabivuze kare, ubugenzacyaha burya niyo ndererwamo yo mu butabera kuko abenshi batangirira hariya, bigasaba rero ko n’ubikora aba ari inyangamugayo”.

Yunzemo ko gukoresha ikoranabuhanga muri iki gihe ari ingenzi kuko uburyo abantu bakoramo ibyaha nabwo bwahindutse kubera ko ikoranabuhanga ribibafashamo.

Umunyamabanga mukuru wa RIB ( Rtd) Col Jeannot Ruhunga yemera ko gukora kinyamwuga ari byo bikwiye gukomeza kuranga abakozi ayoboye.

Avuga ko gukora kinyamwuga bigendana n’ubunyangamugayo.

Ati: “Gukora kinyamwuga hakubiyemo ibintu byinshi. Hakubiyemo ubunyangamugayo, hakubiyemo gutanga serivisi ikenewe, kandi bigakorwa mu buryo buciye mu mucyo, uburyo bugaragarira buri muntu ko amategeko yubahirijwe”.

Yemeza ko gukoresha ikoranabuhanga muri RIB ari ngombwa kuko ryicara rihinduka kandi kuba u Rwanda rwararishyizemo imbaraga, ni impamvu nkuru ikwiye gutera abakozi b’Urwego ayoboye kuryimakaza.

Bizabafasha mu gutahura, gukumira no kugenza ibyaha nk’uko ari zo nshingano za RIB zigenwa n’itegeko.

Iyi nama rusange y’abakozi ba RIB  ifite insanganyamatsiko igira iti: “ Gukora kinyamwuga, mu mucyo hifashishijwe ikoranabuhanga”.

Ihuza abayobozi bakuru ba RIB n’abahagarariye abandi bagenzacyaha bo mu gihugu hose bakaganira ku byagezweho, imbogamizi bahuye nazo no gufata ingamba  kugira ngo barusheho kuzuza neza inshingano z’urwego.

Abayobozi b’uru rwego bari baturutse mu Ntara baje mu nama yaguye ya RIB
Ni inama iba buri mwaka
Abagenzacyaha bahagarariye abandi bahuriye mu nama yaraye ibereye ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda kiri ku Kacyiru
TAGGED:featuredRIBRuhungaUgirashebujaUrwego
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rurashaka Gukorana Na Gabon Mu Bucuruzi Bwagutse
Next Article Tugomba Gushaka Ibisubizo Ku Bibazo By’Abakozi- Minisitiri w’Umurimo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?