Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ugirashebuja Yasabye RIB Kurushaho Kwimakaza Ubunyamwuga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbutabera

Ugirashebuja Yasabye RIB Kurushaho Kwimakaza Ubunyamwuga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 October 2024 8:44 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Minisitiri Ugirashebuja niwe wayoboye iyi nama ya Gatanu ya RIB
SHARE

Minisitiri w’ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Dr. Emmanuel Ugirashebuja asaba abagenzacyaha kurushaho kuzamura ubunyamwuga kugira ngo bakomeze kuba ikitegererezo mu gutanga ubutabera.

Yabivugiye mu ijambo yaraye agejeje ku bagenzacyaha bari bitabiriye Inama rusange ya gatanu y’Urwego rw’Ubugenzacyaha.

Ugirashebuja avuga ko muri rusange abakozi b’Urwego rw’Ubugenzacyaha bakora akazi neza n’umurava mwinshi.

Avuga ko uruhare rwabo rutuma abaturage barushaho kubagirira icyizere.

Kuri Minisitiri w’ubutabera, gukora kinyamwuga bituma abagenzacyaha baba irembo ry’ubutabera kandi ngo bigendana n’ubufatanye n’izindi nzego kugira ngo umusaruro witezwe mu butabera uboneke kandi utubutse.

Ku rundi ruhande, avuga ko hari abagenzacyaha bamwe bateshuka umurongo uboneye RIB igenderamo.

Minisitiri w’ubutabera asaba abakozi ba RIB kuzamura ubunyamwuga kuko hari abatandukira

Ati: “ Ariko ntihabura umubare w’abatagendera muri uwo murongo, bikaba ngombwa ko duhora twibukiranya iri hame rya ngombwa. Nk’uko nabivuze kare, ubugenzacyaha burya niyo ndererwamo yo mu butabera kuko abenshi batangirira hariya, bigasaba rero ko n’ubikora aba ari inyangamugayo”.

Yunzemo ko gukoresha ikoranabuhanga muri iki gihe ari ingenzi kuko uburyo abantu bakoramo ibyaha nabwo bwahindutse kubera ko ikoranabuhanga ribibafashamo.

Umunyamabanga mukuru wa RIB ( Rtd) Col Jeannot Ruhunga yemera ko gukora kinyamwuga ari byo bikwiye gukomeza kuranga abakozi ayoboye.

Avuga ko gukora kinyamwuga bigendana n’ubunyangamugayo.

Ati: “Gukora kinyamwuga hakubiyemo ibintu byinshi. Hakubiyemo ubunyangamugayo, hakubiyemo gutanga serivisi ikenewe, kandi bigakorwa mu buryo buciye mu mucyo, uburyo bugaragarira buri muntu ko amategeko yubahirijwe”.

Yemeza ko gukoresha ikoranabuhanga muri RIB ari ngombwa kuko ryicara rihinduka kandi kuba u Rwanda rwararishyizemo imbaraga, ni impamvu nkuru ikwiye gutera abakozi b’Urwego ayoboye kuryimakaza.

Bizabafasha mu gutahura, gukumira no kugenza ibyaha nk’uko ari zo nshingano za RIB zigenwa n’itegeko.

Iyi nama rusange y’abakozi ba RIB  ifite insanganyamatsiko igira iti: “ Gukora kinyamwuga, mu mucyo hifashishijwe ikoranabuhanga”.

Ihuza abayobozi bakuru ba RIB n’abahagarariye abandi bagenzacyaha bo mu gihugu hose bakaganira ku byagezweho, imbogamizi bahuye nazo no gufata ingamba  kugira ngo barusheho kuzuza neza inshingano z’urwego.

Abayobozi b’uru rwego bari baturutse mu Ntara baje mu nama yaguye ya RIB
Ni inama iba buri mwaka
Abagenzacyaha bahagarariye abandi bahuriye mu nama yaraye ibereye ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda kiri ku Kacyiru
TAGGED:featuredRIBRuhungaUgirashebujaUrwego
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rurashaka Gukorana Na Gabon Mu Bucuruzi Bwagutse
Next Article Tugomba Gushaka Ibisubizo Ku Bibazo By’Abakozi- Minisitiri w’Umurimo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?