Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uhagarariye Palestine Muri Afurika Yunze Ubumwe Ati: ‘ Ntimwemerere Israel Kubana Namwe’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Uhagarariye Palestine Muri Afurika Yunze Ubumwe Ati: ‘ Ntimwemerere Israel Kubana Namwe’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 February 2022 11:46 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uhagarariye Ubutegetsi bwa Palestine mu Nama yahuje Abakuru b’ibihugu na Guverinoma bitabiriye Inteko yaguye y’Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe witwa Mohammed Shtayyeh yasabye abateraniye muri iyi Nama kudatora bemerera Israel kuba Umunyamuryango wa AU.

Akibivuga byateje impaka ndende hagati y’Abakuru b’ibihugu bitabiriye iri Nteko barimo n’uwaje ahagarariye Israel.

Mbere y’uko abisaba, Perezida wa Komisiyo y’Afurika yunze ubumwe Bwana Moussa Faki yari yasabye bagenzi be kwemera ko Israel iba umunyamuryango w’indorerezi kuko ngo bizafasha mu gushaka amahoro haba muri Afurika n’ahandi ku isi.

Icyifuzo cya Faki ariko cyamaganywe na Minisitiri w’Intebe wa Palestine Bwana Mohammed Shtayyeh wavuze ko ibyo Israel ikorera abanya Palestine ari agahomamunwa k’uburyo nta gihugu gikwiye kwemera gukorana nayo.

Yabibwiye Abakuru b’ibihugu ndetse n’abaza Guverinoma bagera kuri 55 bitabiriye iyi Nama izamara iminsi ibiri.

U Rwanda ruhagarariwe na Minisitiri warwo ushinzwe ububanyi n’amahanga Dr Vincent Biruta.

Impaka zo kwemerera zo kwemerera cyangwa kwangira Israel kwinjira muri Afurika yunze ubumwe zatangiye muri Nyakanga 2021 ariko ziza kuba zisubitswe kugira ngo ibihugu bizabiganireho kuri uyu wa Gatandatu taliki 05 kugeza kuri taliki 06, Gashyantare, 2022 nyuma bizafatweho umwanzuro.

Kugeza ubu nta mwanzuro uratangazwa kuri iyi ngingo ishobora kuza gufata umwanya munini mu biganiro biri kubera Addis Ababa.

Ibihugu by’Afurika bidashaka ko Israel iba umunyamuryango ni Nigeria, Algeria, Afurika y’Epfo, Zambia n’ibindi bigize SADC.

Iyi nama izamara iminsi ibiri

Ku rundi ruhande ariko, Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Gabon, Morocco na Togo bishyikiye ko Israel ihabwa uriya mwanya.

Ikibazo cyo kwakira cyangwa kutakira Israel muri uyu muryango ni ikibazo gikomeye k’uburyo Umuvugizi w’Ibiro by’Umunyamabanga mukuru wa AU witwa Ebba Kalondo yirinze kugira icyo agitangarizaho Reuters.

Ndetse n’Umuyobozi muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Israel ushinzwe Afurika witwa Sharon Bar-li ntiyagize icyo abivugaho.

TAGGED:AmahoroFakifeaturedIsraelPalestine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubumwe Burambye Bw’Afurika Buracyari Kure Nk’Ukwezi
Next Article Umujyanama Wa Perezida Tshisekedi Mu By’Umutekano Yatawe Muri Yombi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?