Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ukekwaho Gutwika Inteko Ishinga Amategeko Y’Afurika Y’Epfo Yafashwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ukekwaho Gutwika Inteko Ishinga Amategeko Y’Afurika Y’Epfo Yafashwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 January 2022 10:31 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Polisi yo muri Afurika y’Epfo yafashe umugabo uri mu kigero cy’imyaka 50 y’amavuko, imukurikiranyeho uruhare mu nkongi yafashe Inteko ishinga amategeko ya kiriya gihugu.

Mu gitondo cya kare cyo kuri iki Cyumweru tariki 02, Mutarama, 2022 nibwo inkuru yabaye kimomo ku isi hose ko Inteko ishinga amategeko yafashwe n’inkongi.

Umugoroba warinze ugera abashinzwe kuzimya inkongi bakirwana nayo.

Bimwe mu byahiye ni inyandiko zirimo amateka y’Afurika y’Epfo ndetse n’inyandiko y’umwimerere yanditswemo amagambo ya mbere yanditswe ubwo indirimbo yubahiriza kiriya gihugu yandikwaga.

Inteko ishinga amategeko y’Afurika y’Epfo yubatswe mu Mujyi wa Cape Town.

Ingoro Inteko ishinga amategeko y’Afurika y’Epfo ikoreramo

Umwe mu bayobozi bakuru muri Minisiteri y’abakozi ba Leta muri kiriya gihugu witwa Patricia De Lille yabwiye abanyamakuru ko uwafashwe yafatiwe muri kimwe mu byumba by’iriya Nteko nyuma gato y’uko abashinzwe kuzimya inkongi bagabanyije ibibatsi byayo.

Reuters yanditse ko nyuma yo gufatwa ukekwaho ruriya ruhare yahise ashyikirizwa ishami rya Polisi ryitwa Hawks

De Lille avuga ko gushyikiriza uriya muntu  ishami rya polisi ryitwa Hawks ari ngombwa kubera ko ari ryo rishinzwe gukurikirana abantu bakora ibyaha nka biriya birimo no kwibasira inyubako za Leta.

Amashusho yafashwe na cameras zo muri iriya Nteko yerekana ko hari umuntu wageze muri iriya nyubako mu gitondo cya kare mbere y’uko inkongi yaduka.

Perezida wa Afurika y’Epfo Cyril Ramaphosa yashimye abashinzwe kurwanya inkongi kubera umuhati wabo wo kuzimya iriya nkongi, yongeraho ko ari ibyo kwishimira ko akazi mu zindi nyubaka zigize iriya ngoro kakomeje.

Ingoro ya Cape Town yubatswe hagati y’imyaka ya 1875–1884.

TAGGED:AfurikafeaturedIngoroInkongi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwagwije Inkingo Zakingira Covid-19 Abaturage 70%
Next Article COVID Yahungabanyije Ababyeyi, Abana B’u Rwanda Barakubitika- Umuyobozi Muri CLADHO
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobora Ikigo Nyafurika Cy’Imiti

Nick Ngendahayo Ari Gutegura Igitaramo Kirangiza Umwaka Kizabera I Kigali 

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Netanyahu Ati: ‘Abanzi Bacu Bamenye Ko Tutujya Twibagirwa’

U Rwanda Rugiye Kubaka Icyanya Cy’Inganda Kizatunganya Impu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUmutekano

Inzitizi Abo Muri DRC Babona Mu Kwambura FDLR Intwaro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ingingo Z’Ingutu Zitegereje Trump Mu Kumvikanisha Hamas Na Israel 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Abanya Israel Ba Mbere Batwawe Na Hamas Barekuwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?