Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ukekwaho Gutwika Inteko Ishinga Amategeko Y’Afurika Y’Epfo Yafashwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ukekwaho Gutwika Inteko Ishinga Amategeko Y’Afurika Y’Epfo Yafashwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 January 2022 10:31 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Polisi yo muri Afurika y’Epfo yafashe umugabo uri mu kigero cy’imyaka 50 y’amavuko, imukurikiranyeho uruhare mu nkongi yafashe Inteko ishinga amategeko ya kiriya gihugu.

Mu gitondo cya kare cyo kuri iki Cyumweru tariki 02, Mutarama, 2022 nibwo inkuru yabaye kimomo ku isi hose ko Inteko ishinga amategeko yafashwe n’inkongi.

Umugoroba warinze ugera abashinzwe kuzimya inkongi bakirwana nayo.

Bimwe mu byahiye ni inyandiko zirimo amateka y’Afurika y’Epfo ndetse n’inyandiko y’umwimerere yanditswemo amagambo ya mbere yanditswe ubwo indirimbo yubahiriza kiriya gihugu yandikwaga.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Inteko ishinga amategeko y’Afurika y’Epfo yubatswe mu Mujyi wa Cape Town.

Ingoro Inteko ishinga amategeko y’Afurika y’Epfo ikoreramo

Umwe mu bayobozi bakuru muri Minisiteri y’abakozi ba Leta muri kiriya gihugu witwa Patricia De Lille yabwiye abanyamakuru ko uwafashwe yafatiwe muri kimwe mu byumba by’iriya Nteko nyuma gato y’uko abashinzwe kuzimya inkongi bagabanyije ibibatsi byayo.

Reuters yanditse ko nyuma yo gufatwa ukekwaho ruriya ruhare yahise ashyikirizwa ishami rya Polisi ryitwa Hawks

De Lille avuga ko gushyikiriza uriya muntu  ishami rya polisi ryitwa Hawks ari ngombwa kubera ko ari ryo rishinzwe gukurikirana abantu bakora ibyaha nka biriya birimo no kwibasira inyubako za Leta.

Amashusho yafashwe na cameras zo muri iriya Nteko yerekana ko hari umuntu wageze muri iriya nyubako mu gitondo cya kare mbere y’uko inkongi yaduka.

- Advertisement -

Perezida wa Afurika y’Epfo Cyril Ramaphosa yashimye abashinzwe kurwanya inkongi kubera umuhati wabo wo kuzimya iriya nkongi, yongeraho ko ari ibyo kwishimira ko akazi mu zindi nyubaka zigize iriya ngoro kakomeje.

Ingoro ya Cape Town yubatswe hagati y’imyaka ya 1875–1884.

TAGGED:AfurikafeaturedIngoroInkongi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwagwije Inkingo Zakingira Covid-19 Abaturage 70%
Next Article COVID Yahungabanyije Ababyeyi, Abana B’u Rwanda Barakubitika- Umuyobozi Muri CLADHO
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?