Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ukekwaho Kwica Umukecuru W’i Ngoma Akamuca Umutwe Yafashwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbutabera

Ukekwaho Kwica Umukecuru W’i Ngoma Akamuca Umutwe Yafashwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 November 2024 6:41 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Nduwamungu Pauline yishwe taliki 14, Ugushyingo, 2024.
SHARE

Umugabo witwa Nziza  wo mu Murenge wa Rukumberi mu Karere ka Ngoma yafashwe na Polisi ifatanyije na RIB nyuma yo gukekwaho kwica Pauline Nduwamungu, uyu akaba umukecuru yishe arangije amuca umutwe.

Yabwiye abagenzacyaha ko yawumuciye kubera ko yari yarabwiwe ko ‘iyo wishe umuntu murebana, mu jisho rye hasigaramo ishusho yawe’.

Pauline Nduwamungu wari ufite imyaka 66 yishwe taliiki 14, Ugushyingo, 2024, yicirwa iwe.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry yabwiye itangazamakuru ko mu ibazwa ry’uyu ukekwa, yisobanuye  avuga ko impamvu yamwishe amuciye umutwe “  ko yagira ngo atazafatwa” ngo kuko yabwiwe ko mu mboni z’uwishwe hasigaramo ifoto y’uwamwishe iyo yamwishe barebana.

Dr. Murangira avuga ko hagikorwa iperereza ngo harebwe koko niba uriya mukecuru yarazize  ko yari mu bahigwaga mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ati: “Kugeza ubu ntabwo twakwemeza cyangwa ngo duhakane ko yaba yazize ko yacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi, iperereza niryo rizabigaragaza”.

Ikindi kikiri mu iperereza ni ukumenya niba Nziza yarishe uriya mukecuru ari wenyine cyangwa hari abandi babimufashijemo.

RIB ivuga ko ibyo bigomba gukorwa mbere y’uko idosiye y’ukurikiranywe igezwa mu bushinjacyaha.

Umuvugizi w’uru rwego yafashe mu mugongo abo mu muryango wa nyakwigendera, ashimangira ko iperereza rizerekana abantu bose bagize uruhare mu rupfu rwe kandi bazagezwa imbere y’ubutabera.

Umurambo wa Pauline Nduwamungu uzashyingurwa kuri uyu wa Kane taliki 21, Ugushyingo, 2024.

TAGGED:AbatutsifeaturedJenosideNduwamunguRIBUbugenzacyahaUmuramboUrupfu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Airtel Yatangije Murandasi Ya 4G Ikora Mu Rwanda Hose
Next Article U Rwanda Rurashaka Kongera Avoka Rwohereza Mu Mahanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?