Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uko Afurika Y’Epfo Yari Yarateguranye Na FDLR Gutera u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Inkuru ZihariyeMu mahanga

Uko Afurika Y’Epfo Yari Yarateguranye Na FDLR Gutera u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 February 2025 3:00 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

U Rwanda rwavumbuye umugambi Afurika y’Epfo yari ifitanye na FDLR wo kurutera, ukaba wari bugirwemo uruhare kandi na DRC.

Inyandiko zirimo amakuru y’ubutasi ziherutse gufatirwa i Goma nizo basanze zanditsemo iby’uwo mugambi.

Zigaragaramo ko ubwo Afurika y’Epfo yajyaga muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo mu gihe gito gishize, itari ijyanywe no kuhagarura ndetse no kuhacunga umutekano ahubwo yari igamije kuzagaba igitero ku Rwanda mu runaka.

Olivier Nduhungirehe ushinzwe ububanyi n’amahanga by’u Rwanda yabwiye BBC Newshour ko inyandiko ziherutse kugaragara i Goma ari zo zitumye ibyo bimenyekana.

Yagize ati: “ Amakuru duherutse kubona avuye i Goma akubiyemo ibihamya by’uko hari umugambi wari uhari wo gutera u Rwanda; bigakorwa na FDLR n’ingabo z’amahanga zikorera mu Burasirazuba bwa DRC, bakabikora bitwaje ko bari kurwanya M23”.

Ibyo avuga byumvikanisha ko hari imikoranire itari yaramenywe  na rubanda yari iri hagati ya Afurika y’Epfo, ingabo za DRC, abarwanyi ba FDLR n’indi mitwe yari igamije kuzahungabanya u Rwanda.

FDLR ni umutwe ugizwe na bamwe basize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka wa 1994 n’abandi bafite ingengabitekerezo yayo.

M23 ivugwa aha igizwe n’abaturage bo muri DRC bo mu bwoko bw’Abatutsi bavuga Ikinyarwanda barimo Abanyamulenge, bakaba abaturage bamaze igihe kirekire batotezwa n’ubuyobozi babwo bazizwa ko ari Abatutsi kandi bakorana n’u Rwanda.

Ubwo ingabo za Afurika y’Epfo zahitagamo kurwana na M23 mu buryo bweruye, zeretse amahanga ko icyazizanye atari ukugarura no kurinda amahoro ahubwo ari kurwanya umutwe ugizwe n’abenegihugu zajemo.

Gufasha ingabo za FARDC kandi izi neza ko zikorana na FDLR, byerekanye ubushake bwa Perezida Cyril Ramaphosa bwo guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Muri uwo mugambi kandi bari bukorane n’abacanshuro barenga 1000 bahawe akazi na Guverinoma ya DRC ngo bayifashe kurwana na M23 nubwo yababereye ibamba.

Imikorere ya Afurika y’Epfo iteye inkeke ku Rwanda yiyongeraho no gukorana kwayo na Kayumba Nyamwasa washinze ishyaka Rwanda National Congress (RNC), ryarahitanye Abanyarwanda benshi nyuma yo gutera grenades hirya no hino muri Kigali.

Iyo RNC kandi yigeze kumara igihe runaka ikorana n’inyeshyamba za FLN ya Rusesabagina Paul, uyu akaba yarafashwe n’u Rwanda ruramuburanisha arakatirwa aza kubabarirwa n’Umukuru w’igihugu.

FLN yishe abantu baturiye ishyamba rya Nyungwe.

Kuba Afurika y’Epfo itarafashe Nyamwasa ngo imushyikirize u Rwanda kandi rumukurikiranyeho kuruhekura nabyo byerekana ko itifuza ko rugubwa neza.

Si we gusa kandi icumbikiye kuko hari n’abandi bahuje umugambi ibayo.

Ku byerekeye FDLR, uyu mutwe wabaye mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo mu gihe cy’imyaka 30 ishize.

Nta butegetsi na bumwe bw’iki gihugu bwigeze buyihirukana burundu ndetse n’ingabo za UN zahoherejwe ntizahabakuye.

Minisitiri Nduhungirehe avuga ko imikorere nk’iyo y’Umuryango mpuzamahanga igaragaramo uburyarya kuko hatumvikana icyabuze ngo FDLR iharandurwe.

Hagati aho, haracyasuzumwa urwego imikoranire hagati ya Afurika y’Epfo n’abo bakorana igezeho.

Ku byerekeye amakuru y’ubutasi yabonetse i Goma, abayabonye bavuga ko ari amakuru akomeye yagaragazaga ko umugambi wo gutera u Rwanda wari ugeze kure.

Inshingano z’u Rwanda mu bintu nk’ibyo ni ukwirinda ariko na Afurika y’Epfo ikabazwa ukuntu itinyuka kujya mu karere kari kure yayo igamije kugahungabanya.

Ibikubiye mu nyandiko zabonywe i Goma byerekana ko u Rwanda rwugarijwe bityo ko rufite uburenganzira bwo kwirengera.

TAGGED:AbarwanyifeaturedIntambaraM23RamaphosaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ingabo 2000 Za Afurika Y’Epfo Zabuze Uko Ziva i Goma
Next Article U Rwanda Rwahungishije Abadipolomate Babaga i Bukavu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

‎Gasabo: Bafatanywe Ibilo 31 By’Urumogi Byavaga i Kirehe Bijya i Muhanga

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?