Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uko I&M Bank Rwanda Yungutse Mu Mezi Atatu Ashize
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Uko I&M Bank Rwanda Yungutse Mu Mezi Atatu Ashize

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 May 2025 3:34 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Iyi Banki ivuga ko hagati ya Mutarama na  Werurwe 2025 yungutse miliyari 5,4 Frw nyuma yo kwishyura imisoro kandi ko inyungu yabonye mu mezi atatu ya mbere ya 2025 yazamutseho 14% ugereranyije n’igihe nk’icyo muri 2024.

Ni bikubiye mu mibare iyi Banki yatangarije ku mbuga nkoranyambaga zayo yatangajwe kuri uyu wa Gatanu.

I&M Bank Rwanda yatangaje ko kugeza mu mpera za Werurwe uyu mwaka, umutungo rusange wayo wari Miliyari 910Frw, ukaba wariyongereye kuri 11% urebye uko wari umeze mu gihe nk’iki mu mwaka wa 2024.

Inguzanyo yatanze ni Miliyari Frw 397,3, zingana n’izamuka rya 12% kuva mu mpera za 2024.

Abakiliya bayio babikije amafaranga yazamutse ku kigero cya 13% agera kuri miliyari Frw 745,4 ugereranyije n’igihembwe cya kane cya 2024.

Benjamin Mutimura uyobora iyi Banki yavuze ko igihembwe cya mbere cya 2025 cyasize iyi banki ihagaze neza.

Yagize ati: “Uko twitwaye mu gihembwe cya mbere byubakiye ku musingi ukomeye washyizweho mu mwaka wa 2024. Twatangiye kubona inyungu ziva mu gushora mu ikoranabuhanga rigamije gufasha abakiliya, kunoza imikorere, n’uburyo bwa serivisi za banki zirambye.”

Benjamin Mutimura

Mutimura avuga ko kwiyongera kw’inguzanyo batanze  n’amafaranga babikijwe n’abakiliya bigaragaza icyizere bafitiye Banki ayoboye, by’umwihariko mu rwego rw’ibigo bito n’ibiciriritse n’abakiliya ku giti cyabo.

Ibyo kandi bishingiye no ku bishya bahanze birimo serivisi ya Karame na Ryoshya Iwawe zazamuye umubano w’iriya Banki n’abayigana, bituma n’abandi bayigana ngo bakorane.

Umuyobozi w’iyi Banki avuga ko izakomeza kwita kuri serivisi zitangwa hifashishijwe ikorabuhanga no kwagura ibikorwa hagamijwe guhindura ubuzima bwa benshi.

Ku nshuro ya mbere, I&M Bank Rwanda yashinzwe mu 1963 ariko imaze igihe ikorera mu Rwanda.

Mu mwaka wa 2017 nibwo yashyize imigabane ku isoko ry’imari.

Ikorera muri Kenya, Uganda, Tanzania no mu Birwa bya Maurice.

Today, we announced our Quarter 1 Financial Performance for the period ending 31st March 2025. Our growth momentum remains steady, with profitability increasing by 14%, resulting in a Profit After Tax of FRW 5.4 billion, up from FRW 4.7 billion in 2024.#IMBankFinancialsQ125 pic.twitter.com/NUkCaejw2n

— I&M Bank (Rwanda) Plc. (@imbankrw) May 22, 2025

TAGGED:AbakiliyaAbaturageBankifeaturedI&MImariInguzanyoInyunguMutimuraUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Martin Ngoga Yabaye Ambasaderi W’u Rwanda Muri UN
Next Article Abanyamahanga Biga Muri Harvard Bareze Leta Ya Trump
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abagendera Muri Rwandair Bazajya Bareberamo ‘Filimi Nyarwanda’

Abaturiye CIMERWA Bagiye Kwimurwa

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Abanyarwanda Bitabiriye UCI

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Tigers BBC Yatwaye Bwa Mbere Igikombe Cya Rwanda Cup

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Ubushinwa: Huzuye Ikiraro Cya Mbere Kiri Ku Butumburuke Buruta Ubundi Ku Isi

You Might Also Like

IkoranabuhangaImibereho Y'Abaturage

Ababyeyi Baraburirwa Ko Tik Tok Ibangiriza Abana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Kagame Yibukije Ingabo Z’u Rwanda Kuzibukira Ubusinzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?