Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uko Impuguke Ibona Ibiri Kubera Mu Karere U Rwanda Ruherereyemo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Uko Impuguke Ibona Ibiri Kubera Mu Karere U Rwanda Ruherereyemo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 January 2022 3:43 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Dr Ismael Buchanan
SHARE

Mu Byumweru bibiri bishize, mu Karere u Rwanda ruherereyemo habereye ingendo z’abayobozi batandukanye biganjemo abadipolomate  bo muri Uganda bazaniraga Abakuru b’ibihugu( u Rwanda, Uganda na Tanzania) ubutumwa bagenewe na mugenzi wabo uyobora Uganda.

N’ubwo nta makuru arambuye yatangajwe ku byabaga bikubiye muri buriya butumwa, Umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda wigisha Politiki  witwa Dr Ismaïl Buchanan avuga ko byanze bikunze buriya butumwa bugamije gusubiza umubano mu buryo.

Avuga ko abatuye Akarere k’Ibiyaga bigari by’Afurika u Rwanda ruherereyemo ‘banyotewe’  amahoro  n’umutekano kugira ngo bongere bahahirane nk’uko byahoze.

Dr Buchanan ati: “ Urebye inzinduko ziri kuba muri iki gihe, ukareba n’uko ibintu bihagaze muri iki gihe ubona ko bitanga icyizere ntashidikanywaho ko ibintu biri hafi gusubira mu buryo.”

Yasubije amaso inyuma yibuka uko ibintu byahoze ubwo u Rwanda rutari rubanye neza n’u Burundi, rutabanye neza na Tanzania( ku gihe cya Jakaya Kikwete), rutabanye neza na Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Ku bivugwa ko Uganda yagiye muri Repubulika ya Demukarasi igamije kuzahungabanya u Rwanda, Dr Buchanan avuga ababivuga bibeshya kuko ibihugu byombi biharanira guteza imbere umutekano hagamijwe ubuhahirane.

Ku rundi ariko, yemeza ko hakiri ikibazo cy’imitwe ihungabanya umutekano mu karere ibi bihugu biherereyemo bityo kuba Uganda yaragiyeho nta gitangaza kirimo kuko n’u Rwanda rwigeze kujyayo kwirukana aba FDLR.

Ikindi cyerekana ko u Rwanda rushaka umubano mwiza  n’amahanga ni uko Minisitiri warwo ushinzwe ububanyi n’amahanga Dr Vincent Biruta yitabiriye Inama y’ibihugu byo mu Karere yiga ku mutekano yabereye muri Congo Brazaville.

Dr Biruta niwe wahagarariye u Rwanda muri iyi nama

Muri iyi nama ya 20 iri kubera Brazaville iraberamo ihererekanya bubasha ry’ubuyobozi bw’Umuryango w’Afurika yunze ubumwe bw’Afurika bwari busanzwe bufitwe na Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Ku gahunda y’igihugu kigomba kuwuyobora hariho Congo- Brazaville iyoborwa na Denis Sassou Nguesso.

Iyi nama iritabirwa n’abandi bayobozi bakuru barimo na Perezida wa Komisiyo y’Afurika yunze ubumwe umunya Chad Moussa Faki Mahamat.

TAGGED:AkarereBuchananfeaturedRwandaUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Colonel Gatabazi Wasabiwe Gukurikiranwaho Iterabwoba Ni Muntu Ki?
Next Article Abagaba b’Ingabo Zirwanira Mu Kirere Muri Afurika Bagiye Guhurira i Kigali
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?