Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uko Itegeko Ry’ u Rwanda Rihana Ibiterasoni Ribisobanura
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Uko Itegeko Ry’ u Rwanda Rihana Ibiterasoni Ribisobanura

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 August 2022 11:54 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu gihe abantu bamaze iminsi baritwayemo Polisi y’u Rwanda umwikomo ngo irahohotera abakobwa bambara impenure, ni ngombwa ko abantu bamenya ko ibyo ikora bishingiye ku itegeko.

Birashoboka ko hari benshi batazi ko mu gitabo cy’amategeko y’u Rwanda agena kandi agahana ibyaha harimo n’ingingo ya 135 y’Itegeko ivuga ko umuntu ‘wakoze ibiterasoni mu ruhame’ abihanirwa.

Muri iyo ngingo hagira hati: “Iyo icyaha cy’urukozasoni cyakorewe mu ruhame, uwakoze icyaha ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri (2), ariko kitarenze imyaka 3 n’ihazabu y’Amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi maganatanu (500) ariko kitarenze miliyoni imwe (1000.000).

Ibintu runaka byitwa ko ari ibikozasoni hashingiwe ku muco uranga imyitwarire myiza ikwiye abantu runaka.

Amategeko ashyirwaho kugira ngo abe uburyo bumwe bwo kubuza abantu runaka kubangamira umudendezo w’abandi bikaba byateza ibibazo rubanda.

Bivuze ko hari ibyo umuntu yakora ari ahantu runaka, abo ahasanze bakabifata nk’ibisanzwe mu gihe ahandi ho ubikoze afatwa nk’uwabangamiye abandi.

Mu muco w’Abanyarwanda kirazira ko umukobwa we yerekanira mu ruhame imyanya y’ibanga.

Usesenguye iyi ngingo ubona ko abashinzwe kureba niba iri tegeko rishyirwa mu bikorwa, bagombye no kureba niba abakobwa cyangwa abandi bagaragara mu ndirimbo z’abahanzi b’ubu batazikoreramo ibiterasoni.

Ikindi amategeko y’u Rwanda afata nk’urukozasoni ni ugusindira mu ruhame, ukinyarira, ukaruka cyangwa ukigaragura mu muhanda kubera isindwe.

Gukorera imibonano mpuzabitsina ku karubanda nabyo mu muco nyarwanda bifatwa nk’icyaha cy’urukozasoni.

Kwambara ukikwiza ni bimwe mu byo Abanyarwanda bafata nk’ibiranga umuco wabo.

Iyo wambaye impenure ukajya mu bantu benshi batangira kwibaza urugero rw’ikinyabupfura cyawe.

Uretse kuba bikugaragaza nabi mu bantu, bishyira n’umugayo ku muryango wawe.

Abanyarwanda bahita batangira gucira uwo muntu umugani ko ari ‘nk’igiti kitagorowe kikiri gito.’

Umukobwa abantu batangira kwibaza kuri Nyina.

Aho aciye bamukurikiza amaso, ngo bamurebe ikimero bamwe bakamutangirira bikagaraga ko hari abantu yahungabanyije mu rugero runaka.

Icyakora umukobwa wambaye ikariso yagenewe kujyanwa muri piscine yo iremewe kuko biterwa n’aho umuntu ari.

Muri rusange ariko, ababyeyi bavuga ko byaba byiza inzego bireba zikoze ubukangurambaga, abantu bakamenye iby’iri tegeko, aho kugira ngo abantu bahane gusa.

TAGGED:ImpenureItegekoPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uhuru Kenyatta Yahawe Izindi Nshingano
Next Article Al Shaabab Yakoresheje Amajerekani Mu Gitero Cyahitanye Abantu 15
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Andi makuruMu Rwanda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUbukungu

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?