Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ukraine Yahejwe Mu Biganiro Byo Kurangiza Intambara Yayishegeshe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ukraine Yahejwe Mu Biganiro Byo Kurangiza Intambara Yayishegeshe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 August 2025 10:55 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abanyapolitiki bo mu Burayi baraganira uko bazitwara mu gihe Amerika n’Uburusiya baba bemeranyije kuri ejo hazaza ha Ukraine babihejwemo, igihugu Uburayi bufata nk’ahantu h’ingenzi mu mutekano wabwo cyanecyane kubera igitutu cy’Uburusiya.

Mu mpera z’iki cyumweru, mu Murwa mukuru wa Leta ya Alaska, imwe muri Leta 50 zigize Amerika, witwa Juneau hazabera Inama ikomeye izahuza Perezida wa Amerika, Donald Trump na mugenzi we w’Uburusiya, Vladmir Putin.

Izigirwamo ibyakorwa ngo Putin, nk’umuntu watangije intambara kuri Ukraine hari Tariki 22, Gashyantare, 2022, ayihagarike.

Trump azaganira na Putin ku wa Gatanu tariki 15, Kanama, 2025.

Politico yanditse ko kugeza ubu ingabo z’Uburusiya zamaze gufata 20% by’ubuso bwose bwa Ukraine, ibintu bihaganyikishije cyane abayobozi b’ibihugu by’Uburayi  na Ukraine nk’uko buri wese yabyumva bitamugoye.

Ikarita y’isi igaragaza ko Uburusiya buruta Ukraine inshuro 28.

Mu byo Ibiro bya Perezida wa Amerika bitangaza ko bizaganirwa mu nama azahuriramo na Putin harimo ko ubwo butaka Uburusiya bwamaze gufata bwabwigarurira nabwo, ku rundi ruhande, bugahagarika intambara.

Inama izahuza Trump na Putin izaba kuwa Gatanu tariki 15, Kanama, 2025.

Ibihugu by’Uburayi bihangayikishijwe n’uko byo na Ukraine byahejwe muri iriya nama ni Ubwongereza, Ubufaransa, Ubutaliyani, Ubudage, Pologne na Finland.

Umunya Estonia Kaja Kallas uyobora Urwego rw’Ububanyi n’amahanga mu Muryango w’Ubumwe bw’Uburayi. Ifoto: secrets.net.eu

Itangazo abadipolomate babyo batangaje rihuriweho hari aho rigira riti: “Igisubizo cya dipolomasi ku ntambara ya Ukraine ntigishobora kuzaba kirambye mu gihe cyose izaba yahejwe”.

Iyo bavuga ni Ukraine.

Abo bayobozi kandi bavuga ko batsimbaraye ku ihame bita ko ari mpuzamahanga ry’uko imipaka itagomba guhindagurwa ku ngufu za gisirikare.

Ubwo Trump yatangaza ko hari ibice bimwe bya Ukraine ‘bishobora kuzahabwa’ Uburusiya, Perezida wayo yarabyamaganye, avuga ko igihugu cye cyiteguye gukorana na Trump ariko ko ibyo kukinyaga ubutaka bugahabwa Putin bitazakunda.

Ku rundi ruhande, Trump arateganya no kuzaganira na Zelensky kuri iyo ngingo, ibiganiro byabo nabyo bikazabera i Juneau mu murwa mukuru wa Alaska.

Bimwe mu bice bivugwa ko bizegurirwa Putin amasezerano y’amahoro naramuka yemejwe birimo ahitwa Donbas.

Mu Cyumweru gishize, Intumwa nkuru ya Trump yitwa Steve Witkoff yahuye na Putin baganirira mu Biro bye.

Ubwo yasubiraga i Washington, Witkoff yatangaje ko hari ibyo Perezida w’Uburusiya yavuze ko bikenewe gukorwa ngo arangize iriya ntambara igiye kumara hafi imyaka ine.

Aho iby’inama ya Trump na Putin bitangarijwe, abayobozi b’ibihugu bikomeye mu bumwe bw’Uburayi bahise batumiza inama y’igitaraganya ngo nabo bige uko bazabyitwaramo imyanzuro hagati ya Kremlin na White House niza itabashyira mu mwanya mwiza.

Umunyamabanga wa Leta mu Bwongereza ushinzwe ububanyi n’amahanga David Lammy  yahise ategura inama yihutirwa yamuhuje na bagenzi be bo mu Bumwe b’Uburayi n’abo muri Ukraine.

Yatumiwemo kandi na Visi- Perezida wa Amerika JD.Vance.

Abo bayobozi bongeye kwemeza ko Ukraine ifite uburenganzira bwo kugena uko izamera mu gihe kiri imbere, bidakozwe n’abandi ngo ibihezwemo.

Kuba Amerika ivugana n’Uburusiya mu gushaka uko iriya ntambara yahagarara bigaragaza ko mu by’ukuri intambara iri hagati y’ibi bihugu byombi ku buryo bishatse byayihagarika.

Igitangaje ni uko mu bayigwamo nta Munyamerika urimo!

TAGGED:featuredIntambaraPutinTrumpUburusiyaUkraine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hari Icyo Abana Basaba Abayobozi Bakuru B’Igihugu
Next Article General Muganga Yavuze Akazi Ingabo Zikorera Mu Mahanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amahoro Na Kigali Pelé Stadium Zemerewe Kwakira Amarushanwa Nyafurika 

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

General Muganga Yavuze Akazi Ingabo Zikorera Mu Mahanga

Ukraine Yahejwe Mu Biganiro Byo Kurangiza Intambara Yayishegeshe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Sandra Teta Yarekuwe

Burundi: Umugore Yagizwe Minisitiri W’Ingabo

Ibyotsi Bihumanya Ikirere Cy’u Rwanda Byikubye 5 Mu Bukana- REMA

Nyanza: Umurambo W’Umusore Wari Umaze Icyumweru Yarabuze Bawusanze Mu Mufuka

Imbaduko PM Nsengiyumva Atangiranye Mu Kuzamura Ubuhinzi N’Ubworozi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Ubwizigame Bw’Abanyarwanda Ntiburagera No Kuri 50%

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Elwelu Mu Bajenerali Barindwi Museveni Yahaye Ikiruhuko Cy’Izabukuru

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?