Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umubano Mu Bantu: Abaturage Ba Nigeria Ntibashaka Ko Niger Iterwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Umubano Mu Bantu: Abaturage Ba Nigeria Ntibashaka Ko Niger Iterwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 August 2023 12:56 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uretse Sena ya Nigeria yanze ko Perezida Bola Tinubu agaba ibitero kuri Niger,  abanyapolitiki batavuga rumwe na Leta, abanyamakuru, sosiyete sivile n’intiti zo muri iki gihugu…bose bavuga ko bidakwiye ko Niger igabwaho igitero.

Bavuga ko ibiganiro by’amahoro ari byo byatanga umuti urambye kandi wa kivandimwe.

Ubusanzwe Nigeria isangiye umupaka na Niger ureshya na kilometero 1500.

Hagati aho kandi Niger isangiye umupaka n’ibindi bihugu bitandatu, Nigeria ikaba iya karindwi.

Umushakashatsi mu kigo cya Nigeria kiga iby’amahame ya Demukarasi n’Amajyambere witwa Dengiyefa Angalapu yabwiye RFI ko kuba abaturage ba Nigeria muri rusange badashaka ko igihugu cyabo kirwana na Niger bifite ishingiro no ku mibanire y’abatuye ibi bihugu byombi.

Avuga ko ku mupaka Nigeria igabaniraho na Niger hari ubwo usanga inzu imwe ari yo igabanya ibihugu byombi, abo hakurya barashatse mu bo hakuno.

Uru ruvange rw’amaraso ngo rutuma umubano w’abaturage kuri buri ruhande ukomera.

Wa mushakashatsi avuga ko haramutse hagize ibihugu bitera Niger, abaturage bayo benshi bahita bahungira muri Nigeria kuko ari nini kandi bakaba bahafite ababo.

Uko kwihuza kw’aba baturage kandi ni ko gutuma bigorana ko abakoze ibyaha muri Nigeria bafatwa kuko bahita bahungira muri Niger.

Biragoye k’uburyo bigora abayobozi kumenya niba urugo rwo kwa runaka ruherereye muri iki gihugu cyangwa muri kiriya!

Ibi nibyo Boko Haram yari yaragize iturufu, ikica abo muri Nigeria igahita isimbukira hakurya.

Igisigaye ni ukureba uko ibintu biri bugende mu gihe nyirantarengwa yari yatanzwe n’ibihugu byo muri ECOWAS yaraye irangiye ngo Niger irekure Perezida Bazoum nibitaba ibyo iraswe.

TAGGED:AbaturageECOWASfeaturedIntambaraNigerNigeria
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gasabo: Umuzamu Yahiriye Mu Nzu Yari Arinze
Next Article Urukiko Rwategetse Ko Kabuga Arekurwa Urubanza Rwe ‘Rugahagarikwa’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?