Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umubano Mu Bantu: Abaturage Ba Nigeria Ntibashaka Ko Niger Iterwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Umubano Mu Bantu: Abaturage Ba Nigeria Ntibashaka Ko Niger Iterwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 August 2023 12:56 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uretse Sena ya Nigeria yanze ko Perezida Bola Tinubu agaba ibitero kuri Niger,  abanyapolitiki batavuga rumwe na Leta, abanyamakuru, sosiyete sivile n’intiti zo muri iki gihugu…bose bavuga ko bidakwiye ko Niger igabwaho igitero.

Bavuga ko ibiganiro by’amahoro ari byo byatanga umuti urambye kandi wa kivandimwe.

Ubusanzwe Nigeria isangiye umupaka na Niger ureshya na kilometero 1500.

Hagati aho kandi Niger isangiye umupaka n’ibindi bihugu bitandatu, Nigeria ikaba iya karindwi.

Umushakashatsi mu kigo cya Nigeria kiga iby’amahame ya Demukarasi n’Amajyambere witwa Dengiyefa Angalapu yabwiye RFI ko kuba abaturage ba Nigeria muri rusange badashaka ko igihugu cyabo kirwana na Niger bifite ishingiro no ku mibanire y’abatuye ibi bihugu byombi.

Avuga ko ku mupaka Nigeria igabaniraho na Niger hari ubwo usanga inzu imwe ari yo igabanya ibihugu byombi, abo hakurya barashatse mu bo hakuno.

Uru ruvange rw’amaraso ngo rutuma umubano w’abaturage kuri buri ruhande ukomera.

Wa mushakashatsi avuga ko haramutse hagize ibihugu bitera Niger, abaturage bayo benshi bahita bahungira muri Nigeria kuko ari nini kandi bakaba bahafite ababo.

Uko kwihuza kw’aba baturage kandi ni ko gutuma bigorana ko abakoze ibyaha muri Nigeria bafatwa kuko bahita bahungira muri Niger.

Biragoye k’uburyo bigora abayobozi kumenya niba urugo rwo kwa runaka ruherereye muri iki gihugu cyangwa muri kiriya!

Ibi nibyo Boko Haram yari yaragize iturufu, ikica abo muri Nigeria igahita isimbukira hakurya.

Igisigaye ni ukureba uko ibintu biri bugende mu gihe nyirantarengwa yari yatanzwe n’ibihugu byo muri ECOWAS yaraye irangiye ngo Niger irekure Perezida Bazoum nibitaba ibyo iraswe.

TAGGED:AbaturageECOWASfeaturedIntambaraNigerNigeria
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gasabo: Umuzamu Yahiriye Mu Nzu Yari Arinze
Next Article Urukiko Rwategetse Ko Kabuga Arekurwa Urubanza Rwe ‘Rugahagarikwa’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?