Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umubiri Wa Padiri Ubald Rugirangoga Wagejejwe Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19Mu Rwanda

Umubiri Wa Padiri Ubald Rugirangoga Wagejejwe Mu Rwanda

admin
Last updated: 28 February 2021 9:10 am
admin
Share
SHARE

Umubiri wa Padiri Ubald Rugirangoga wagejejwe mu Rwanda nyuma y’igihe gisaga ukwezi yitabye Imana, aho yaguye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika nyuma yo kwandura icyorezo cya COVID-19.

Yitabye Imana ku wa 7 Mutarama 2021, gusa mbere yo gushiramo umwuka yari yasabye ko yazashyingurwa mu Rwanda. Hahise hatangira kwigwa uburyo umurambo we wagezwa mu gihugu cye.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu nibwo wagejejwe ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali, wakirwa na Musenyeri Hakizimana Célestin uyobora Diyosezi ya Gikongoro ari na we ushinzwe iya Rusizi, wari kumwe n’abandi bihaye Imana barimo abapadiri n’ababikira.

Rugirangoga yari amaze imyaka irenga 32 ari umupadiri muri Diyosezi ya Cyangugu, ariko agakunda gukorera ubutumwa mu bice bitandukanye by’igihugu n’isi muri rusange, agafasha abantu mu isengesho ryo gukira ibikomere n’indwara zitandukanye. Yahawe ubupadiri mu 1984.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu 2015 yagizwe Umurinzi w’Igihango, ishimwe rihabwa abantu kubera uruhare rwabo mu kubaka ubumwe n’ubwuyunge. Yashimiwe uruhare yagize mu kongera kubanisha neza abaturage muri Paruwasi ya Mushaka.

Biteganyijwe ko Rugirangoga witabye Imana ku myaka 65 azashyingurwa ku wa 1 Werurwe iwabo mu Karere ka Rusizi, kurangiza ikiliyo bikazaba ku wa 2 Werurwe.

TAGGED:featured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Muhumuza Richard Na Mugeni Bashyizwe Mu Bacamanza b’Urukiko Rwa EAC
Next Article Umugore Wa Ambasaderi W’u Butaliyani Wiciwe Muri RDC Yavuze Ko Yagambaniwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?