Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umubiri Wa Padiri Ubald Rugirangoga Wagejejwe Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19Mu Rwanda

Umubiri Wa Padiri Ubald Rugirangoga Wagejejwe Mu Rwanda

Last updated: 28 February 2021 9:10 am
Share
SHARE

Umubiri wa Padiri Ubald Rugirangoga wagejejwe mu Rwanda nyuma y’igihe gisaga ukwezi yitabye Imana, aho yaguye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika nyuma yo kwandura icyorezo cya COVID-19.

Yitabye Imana ku wa 7 Mutarama 2021, gusa mbere yo gushiramo umwuka yari yasabye ko yazashyingurwa mu Rwanda. Hahise hatangira kwigwa uburyo umurambo we wagezwa mu gihugu cye.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu nibwo wagejejwe ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali, wakirwa na Musenyeri Hakizimana Célestin uyobora Diyosezi ya Gikongoro ari na we ushinzwe iya Rusizi, wari kumwe n’abandi bihaye Imana barimo abapadiri n’ababikira.

Rugirangoga yari amaze imyaka irenga 32 ari umupadiri muri Diyosezi ya Cyangugu, ariko agakunda gukorera ubutumwa mu bice bitandukanye by’igihugu n’isi muri rusange, agafasha abantu mu isengesho ryo gukira ibikomere n’indwara zitandukanye. Yahawe ubupadiri mu 1984.

Mu 2015 yagizwe Umurinzi w’Igihango, ishimwe rihabwa abantu kubera uruhare rwabo mu kubaka ubumwe n’ubwuyunge. Yashimiwe uruhare yagize mu kongera kubanisha neza abaturage muri Paruwasi ya Mushaka.

Biteganyijwe ko Rugirangoga witabye Imana ku myaka 65 azashyingurwa ku wa 1 Werurwe iwabo mu Karere ka Rusizi, kurangiza ikiliyo bikazaba ku wa 2 Werurwe.

TAGGED:featured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Muhumuza Richard Na Mugeni Bashyizwe Mu Bacamanza b’Urukiko Rwa EAC
Next Article Umugore Wa Ambasaderi W’u Butaliyani Wiciwe Muri RDC Yavuze Ko Yagambaniwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?