Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umucamanza Yategetse Ko Umurambo Wa ‘Perezida Mugabe’ Utabururwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Umucamanza Yategetse Ko Umurambo Wa ‘Perezida Mugabe’ Utabururwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 September 2021 11:51 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umwe mu bacamanza b’i Harare muri Zimbabwe yategetse ko umurambo wa Robert Mugabe wahoze ayobora Zimbabwe utabururwa ugashyingurwa mu irimbi ry’igihugu. Yari yarashyinguwe mu isambu ku ivuko ahitwa Kutama.

Uwo mucamanza yavuze ko ishyingurwa rya Robert Mugabe ryabaye mu buryo budakurikije amategeko bityo ko agomba gutabururwa agashyingurwa mu irimbi rya Leta mu cyubahiro gikwiye Umukuru w’Igihugu y’aho akomoka kandi ngo ntibyari bikwiye.

Yategetse ko abo mu muryango we n’abandi babifitiye ububasha bahabwa n’amategeko  gutaburura umurambo we bakamushyingura mu buryo bwemewe na Leta ya Zimbabwe aho gushyingurwa mu isambu y’iwabo ku ivuko.

Abo mu muryango wa bugufi wa Mugabe bamaganye icyo cyemezo cy’urukiko bavuga ko bahisemo kumushyingura ku ivuko kuko ngo yavuye ku butegetsi mu buryo atishimiye bityo ko nawe atifuzaga gushyingurwa ahantu ha Leta.

 Mugabe yapfuye mu mwaka wa 2019 afite imyaka 95 y’amavuko. Yashyinguwe iwabo mu gace kitwa Kutama.

BBC yanditse ko Umuryango wa Mugabe wajuririye icyemezo cy’urukiko ariko narwo rwanga kuva ku izima.

Bivugwa ko abawugize bateganya kuzajuririra mu rundi rwisumbuyeho.

Perezida Mugabe Robert yayoboye Zimbabwe guhera mu mwaka wa 1980 ageza mu mwaka wa 2017, ubwo abasirikare bamukuraga ku butegetsi ariko akomeza guhabwa icyubahiro nk’intwari ya Zimbabwe.

TAGGED:featuredIrimbiMugabePerezidaZimbabwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibya Netanyahu Byongeye ‘Gusubirwamo’
Next Article RWANDAIR Iri Kuzanzamuka Gahoro Gahoro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Mu Ihurizo Ryo Kureba Uko Atakweguzwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Aritabira Inama Transform Africa Summit Muri Guinea Conakry 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?