Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umufana Wa Rayon Aravugwaho Kwica Uwari Uje Kumukiza N’Uwa APR
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umufana Wa Rayon Aravugwaho Kwica Uwari Uje Kumukiza N’Uwa APR

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 August 2023 7:09 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Eric Dusabimana wo mu Murenge wa Mbuye mu Karere ka Ruhango yaguye kwa muganga azize ibuye yatewe umufana wa Rayon Sports witwa Anaclet Tuyishimire ubwo yari aje kumukiza ari kurwana na mugenzi we ufana APR FC.

Intonganya zo gufana aya makipe nizo zatumye abo bantu baterurana baresurana, Dusabimana aje gutabara ahakubitirwa ibuye riramuhitana.

Anaclet Tuyishimire uvugwaho kwica Eric Dusabimana afite imyaka 28 y’amavuko mu gihe uwishwe we afite imyaka 18 y’amavuko.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere taliki 14, Kanama, 2023 nibwo amakuru y’uru rupfu yatangajwe kandi yemejwe n’ubuyobozi bw’ibanze bw’aho byabereye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mbuye witwa Wellars Kayitare yabwiye UMUSEKE  dukesha iyo nkuru ko ubushyamirane bwafashe indi ntera, bararwana biza gutuma uwari uje gutabara ahasiga ubuzima.

Yagize ati: “Dusabimana yacikanye ageze kwa muganga. Ubu dutegereje ko imodoka ihagera kugira ngo ijyane umurambo we ku Bitaro bya Kabgayi gusuzumwa.”

Inzego zibifitiye ububasha zatangiye iperereza kugira ngo hamenyekane byinshi kuri urwo rupfu.

Ukekwaho kwica Dusabimana yamaze gufatwa, ubugenzacyaha bukaba bwatangiye iperereza kubyo akurikiranyweho.

Icyakora ngo hari umuvandimwe wa Tuyishimire nawe uri gushakishwa kuko ukekwaho ubwo bwicanyi ubwo yakoraga ibyo akurikiranyweho, undi yari ahari kandi ‘ashobora’ kuba yabimufashije mu buryo runaka.

- Advertisement -

Nyuma yo gufatwa, uwafashwe yavuze ko atigeze atera ibuye mugenzi we ahubwo ngo barwanye.

Umurambo wa Dusabimana wabanje gushyirwa ku Kigo Nderabuzima cya Shyogwe ariko nyuma yagombaga kujyanwa mu buruhukiro  bw’ibitaro bya Kabgayi.

TAGGED:featuredIbuyeRuhangoTuyishimireUmurambo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ishyamba Rya Nyungwe Ryasabiwe Gushyirwa Mu Murage W’Isi
Next Article Umugore Yafatanywe Ibilo 319 Bya Magendu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?