Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umugaba W’Ingabo Za Nigeria Yaguye Mu Mpanuka Y’Indege
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Umugaba W’Ingabo Za Nigeria Yaguye Mu Mpanuka Y’Indege

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 May 2021 12:00 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Iyi ndege niyo yasizemo ubuzima
SHARE

Lieutenant Général Ibrahim Attahiru wari usanzwe ari umugaba w’ingabo za Nigeria yaraye aguye mu mpanuka y’indege ari igiye kugwa kuy kibuga cya Kaduna kiri mu Majyaruguru ya Nigeria.

Amakuru y’urupfu rwe yatangajwe n’Umuvugizi w’Ingabo za Nigeria Edward Gabkwet.

Yari afite imyaka 54 y’amavuko, akaba yaragizwe umugaba w’ingabo za kiriya gihugu tariki 26, Mutarama, 2021.

Lt Gen Ibrahim Attahiru yari amaze igihe ashinjwa uburangare no kutamenya guha umurongo ingabo ze k’uburyo hari igice kinini cya Nigeria cyari cyarazengerejwe n’abarwanyi bo mu mitwe itandukanye ariko cyane cyane Boko Haram na Islamic State.

Gen Ibrahim Attahiru

Urupfu rwa Gen Attahiru ruvuzwe mu gihe cyegeranye n’icyo Abubakar Shekau wayoboraga Boko Haram nawe yabikiwe ko yapfuye yiyahuye.

Ikindi  ni uko impanuka Lt Gen Attahiru yaguyemo haguyemo n’abandi basirikare bakuru bari bari kumwe nawe

Perezida Muhammadu Buhari nawe yihanganishije abo mu muryango wa Gen Attahiru, avuga ko igihugu kibuze umusirikare w’umuhanga kandi wari ukiri muto.

Hatangijwe iperereza ku cyateye impanuka y’iriya ndege.

Uriya mugaba mukuru w’ingabo za Nigeria yapfuye mu gihe ingabo ze zihanganye n’imitwe ibiri y’iterabwoba ariyo Boko Haram n’undi witwa Islamic State  West Africa Province (ISWAP) ukorera mu Majyaruguru ya Nigeria.

Bivugwa ko Abubakar Shekau aramutse yapfuye koko, byaba ari ikintu kiza kuko byatuma umutwe ayoboye witwa Boko Haram ucika intege, byibura mu gihe runaka.

Kuva Boko Haram yatangira gukorera ibikorwa by’iterabwoba muri Nigeria yishe abantu 40 000.

 

TAGGED:AbarwanyiBoko HaramBuharifeaturedNigeria
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Rwibutso Rwa Rukumberi Hagiye Gushyingurwa Imibiri 2 500
Next Article Amafoto: Minisitiri Gatabazi Mu Ruzinduko I Rusizi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva

Amerika Ntishaka Umusirikare Wayo Ubyibushye

Nyuma Y’Imyaka Babana, Sonia Rolland Yakoze Ubukwe Ashagawe N’Abakobwa Be

Drone Y’Ingabo Za DRC Yagabye Igitero Ku Birindiro Bya AFC/M23

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ambasaderi Nyamvumba Yahaye Rayon Sports Umukoro

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu Rwanda

U Rwanda Rugiye Gushinga Ikigo Gitoza Gukumira Ibitero By’Ikoranabuhanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu mahangaUbumenyi N'Ubuhanga

Umuhanga Wabwiye Isi Imibereho Y’Impundu Jane Goodall Yapfuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUbukungu

Hatangijwe Ihuriro Ry’Abashoramari Bo Mu Bwongereza Bakorera Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Ivuga Ko Isiganwa Rya UCI Ryasukuye Ikirere Cya Kigali

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?