Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umugaba W’Ingabo Z’u Rwanda Avuga Ko Uburyo Bugezweho Bwo Gutwara Abasirikare N’Ibikoresho Ari Ngombwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umugaba W’Ingabo Z’u Rwanda Avuga Ko Uburyo Bugezweho Bwo Gutwara Abasirikare N’Ibikoresho Ari Ngombwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 January 2022 5:42 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda General Jean Bosco Kazura avuga ko ari ngombwa ko ingabo z’ibihugu by’Afurika muri rusange n’iz’u Rwanda by’umwihariko zigira ibikoresho bigezweho byo gutwara abasirikare n’ibikoresho byabo aho bibaye ngombwa ko boherezwa.

Yabivuze ubwo yarangizaga Inama ikomeye yahuje abagaba b’ingabo zirwanire mu kirere mu bihugu by’Afurika zifatanyije n’iz’Amerika zikorera muri Afurika.

Iriya nama yari imaze iminsi micye ibera muri Kigali Convention Center.

Ubwo yavugaga ijambo ryo kuyirangiza, General Jean Bosco Kazura yavuze ko ingabo zigomba guhabwa uburyo bwo gutwara abasirikare n’ibikoresho bigezweho kandi bihagije kugira ngo aho ingabo zoherejwe zihagere bitazigoye kandi zidatinze.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yagize ati: “ Ubusanzwe ibikorwa bya gisirikare haba muri Afurika cyangwa ahandi biba bishingiye k’ugutwara ingabo n’ibikoresho. Ni ngombwa ko ibihugu byacu bigira uburyo buhamye bwo gukora aka kazi kandi bujyanye n’igihe.”

Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda yashimye abagaba b’ingabo bitabiriye iriya nama kandi avuga ko afite yizeye ko ubunararibonye abayitabiriye basangijwe na bagenzi babo buzafasha mu mikoranire igamije kuzamura imikorere y’ingabo zirwanira mu kirere z’Afurika  muri rusange.

Ubwo yatangizaga iriya nama Perezida Kagame mu ntangiriro z’iki Cyumweru,  yasabye Ingabo zirwanira mu kirere muri Afurika kurushaho kubaka ubufatanye bugamije guhangana n’ibibazo by’umutekano, kubera ko iterambere ritaboneka udahari.

Ni inama yari igamije kungurana ibitekerezo ku bufatanye bw’ingabo zirwanira mu kirere, by’umwihariko ikazibanda ku bwikorezi bw’abantu n’ibintu muri Afurika, Strategic Airlift.

Yateguwe ku bufatanye n’ubuyobozi bw’ingabo za Amerika zirwanira mu kirere zikorera mu Burayi n’izikorera muri Afurika (USAFE-AFAFRICA).

- Advertisement -
Iyi nama yabereye muri Kigali Convention Center
TAGGED:AbasirikareAfurikafeaturedIngaboKagameKazura
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uganda Yishimiye Ko u Rwanda Rwafunguye Umupaka Wa Gatuna
Next Article Intumwa Ya Museveni Iheruka Mu Rwanda Yashimye Akazi Kakozwe Na Gen Kainerugaba
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?