Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umugaba W’Ingabo Z’u Rwanda Yahuye N’Uw’Ingabo Z’u Bufaransa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Umugaba W’Ingabo Z’u Rwanda Yahuye N’Uw’Ingabo Z’u Bufaransa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 March 2022 9:56 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ibiro Ntaramakuru by’u Bufaransa bivuga ko Umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda General Jean Bosco Kazura yaraye ahuye na mugenzi we uyobora iz’u Bufaransa witwa General Thierry Burkhard.  Ni ubwa mbere mu myaka 25 ishize abagaba b’ingabo z’ibihugu byombi bahuye.

N’ubwo hari amakuru avuga ko hateganywa imikoranire hagati y’ingabo z’ibihugu byombi, abo muri Minisiteri y’ingabo z’u Bufaransa babwiye Radio France Internationale ko ibiganiro hagati ya bariya bagabo bombi byari ‘ibiganiro bisanzwe.’

Hari indi ngingo abakurikirana iby’umutekano mu Burayi no muri Afurika bavuga yatuma ingabo z’ibihugu byombi zikorana.

U Rwanda ni igihugu gifite abasirikare mu bihugu bitandukanye by’Afurika, boherejwe kuhagarura amahoro no kurinda aho yagarutse.

Entretien hier avec mon homologue rwandais, le général Kazura. Échanges de vues sur la situation sécuritaire en Afrique centrale et en Afrique australe, et sur le dialogue militaire franco rwandais. pic.twitter.com/D9ugKD7VNC

— Chef d'état-major des armées (@CEMA_FR) March 15, 2022

U Bufaransa nabwo nicyo gihugu cyo mu Burayi gifite abasirikare henshi ku isi kandi bahora mu bikorwa byo gucunga umutekano.

Hari umuhanga uherutse kuvuga ko igisirikare cy’u Bufaransa ari cyo gikomeye mu Burayi bwose kubera intwaro ndetse n’ibikorwa byacyo hirya no hino ku isi.

Bwahoze muri Afghanistan, bujya muri Centrafrique, bujya no mu bihugu by’Akarere ka Sahel ari byo Mali, Niger n’ahandi nka Burkina Faso na Tchad.

Buherutse no kujya muri Romania aho abasirikare babwo biteguye gutabara kiriya gihugu kiramutse gitewe n’u Burusiya bwa Putin butoroheye Ukraine muri iki gihe.

Ikindi ni uko n’umubano mu rwego rwa Politiki wongeye kuba mwiza hagati y’ibihugu byombi kuva igihe Perezida Kagame yasuraga u Bufaransa na mugenzi Emmanuel Macron agasura u Rwanda.

Muri Mozambique hari yo ingabo z’u Rwanda zagiye kwirukana abarwanyi b’ibyihebe bari barigaruriye Intara ya Cabo Delgado isanzwe ibamo uruganda rw’Abafaransa rucukura rugatunganya ibikomoka kuri Petelori kandi rugatunganya na gazi.

TAGGED:BufaransafeaturedGenerallKagameKazuraMacronRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umusirikare Wa Uganda Yiyahuye
Next Article Ambulance Y’Ibitaro Bya Mibirizi Yagonganye N’Igare Irangirika…
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?