Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umugabo W’Umwamikazi Elisabeth II Azaherekezwa N’Abantu 30 Gusa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaMu Rwanda

Umugabo W’Umwamikazi Elisabeth II Azaherekezwa N’Abantu 30 Gusa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 April 2021 9:11 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umugabo w’Umwamikazi Elisabeth II w’u Bwongereza, Prince Philip, azashyingurwa kuri uyu wa Gatandatu mu muhango byemejwe ko uzitabirwa n’abantu 30 gusa, kubera ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID-19.

Mu isengesho ryo kumusezeraho bwa nyuma rizabera muri Chapelle yitiriwe Mutagatifu George mu gace ka Windsor, kuri uyu wa Gatandatu tariki 17 Mata, hazaba hari abantu bake cyane bagize umuryango w’ibwami.

Abana bane ba Philip bazagenda bakikije Jaguar Land Rover izaba itwaye umurambo we, ubwo izaba yerekeza mu rusengero aho kumusezeraho bizabera. Abo ni ibikomangoma Charles, Andrew, Edward n’Igikomangomakazi Anne.

Byemejwe ko ku murongo w’imbere hazaba hari Igikomangomakazi Anne n’Igikomangoma Charles, bagakurikirwa n’ibikomangoma Edward na Andrew. Abuzukuru be Igikomangoma William na Harry bazakurikira imodoka bari ku murongo wa gatatu.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Bigaragara ko Igikomangoma William n’Igikomangoma Harry batazagenda begeranye, hagati yabo hazaba harimo mubyara wabo Peter Philips.

Abazitabira bose bazaba bambaye udupfukamunwa kandi bahanye intera mu kwirinda COVID-19. Umwamikazi we azaba yicaye wenyine.

Umuvugizi w’ingoro y’ubwami bw’u Bwongereza yavuze ko uburyo bwo gushyingura uyu mugabo bwavuguruwe bijyanye n’amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19, ariko buhura n’ibyo yifuje mbere yo gupfa.

Umwamikazi yasabye ko nta munyamuryango w’ibwami ugomba kuzambara imyenda ya gisirikare muri uyu muhango.

Ni igisubizo kuri Prince Harry na Prince Andrew bemeje ko batakiri mu nshingano za gisirikare, ku buryo hibazwaga niba kuri iyi nshuro bazambara gisirikare.

- Advertisement -

Prince Philip yaguye muri Windsor Castle ku wa 9 Mata, afite imyaka 99. Yari amaze imyaka 73 ashyingiranywe na Elisabeth II.

Umurambo we uzagenda muri Jaguar Land Rover, we ubwe yagize uruhare mu gushushanya.

TAGGED:Elisabeth IIfeaturedPrince Philip
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ku Kamonyi Grenade Yaturikanye Umusore
Next Article Ihurizo Kuri Tshisekedi: Abadepite Bahoranye Na Kabila Ngo Yarabatengushye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?