Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umugore W’i Rulindo Yafatanywe Toni 2.5 Z’Intsinga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Umugore W’i Rulindo Yafatanywe Toni 2.5 Z’Intsinga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 June 2024 9:22 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Polisi yatangaje ko yafashe umugore wo mu Karere ka Rulindo intsinga zipima toni 2.5 yari ajyanye mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Nyarugenge.

Ni umugore muto kuko afite imyaka 24 y’amavuko akaba yari atuye mu Murenge wa Shyorongi mu Karere ka Rulindo.

Abaturage babwiye Polisi ko uwafatanywe izo ntsinga yari arimo aziseha azivana aho yari atuye azijyanye aho yari yimukiye.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, SP Jean Bosco Mwiseneza avuga ko uyu mugore yafashwe ku bufatanye n’abaturage batanze amakuru ko hari ibintu arimo yimura.

Uwafashwe yabwiye Polisi ko izo ntsinga ari ibyuma yari yarasigiwe n’umugabo we usanzwe ucuruza ibyuma byakozwe bita scrap, akabigurisha ku babishaka ngo bazabihe uruganda rubihinduramo amasafuriya n’ibindi.

Uyu mugore avuga ko ibi byuma byari iby’umugabo we wabigurishaga ngo babone agafaranga

Uwo mugabo ariko we yari yarafashwe mbere kuko yafashwe  mu Ugushyingo, 2023 nk’uko Polisi ibitangaza.

Izo ntsinga zafatiwe mu rugo rw’uwo mugore abajijwe uko zahageze ntiyagira icyo abisobanuraho ahubwo avuga ko ari ibyo baguraga kugira ngo babicuruze bibungure we n’umugabo we.

SP Mwiseneza uvugira Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru avuga ko Polisi itazihanganira umuntu uwo ariwe wese wangiza ibikorwa remezo kuko aba yangiza umutungo w’igihugu.

Ati: “Twabivuze kenshi ko abantu basenya bakanangiza ibyo igihugu cyubatse baba basenya iterambere ry’Umunyarwanda.  niyo mpamvu tutazabihanganira namba kandi abazabifatirwamo bazajya bashyikirizwa ubutabera”.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru ashimira abaturage batanga amakuru ku gihe kandi abasaba ko buri wese akomeza kuba ijisho rya mugenzi we kugira ngo bakomeze gufatanya n’inzego z’umutekano kurwanya abanyabyaha.

TAGGED:featuredRulindoUmugoreUmuvugizi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mufti Mushya Yarahiriye Inshingano
Next Article Urubanza Rwa Dr. Rutunga Rwapfundikiwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?