Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuhanzi Harmonize Yatawe Muri Yombi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Umuhanzi Harmonize Yatawe Muri Yombi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 May 2022 9:58 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Rajab Abdul Kahali usanzwe uzwi mu kazi ko guhanga indirimbo ku izina rya Harmonize yatawe muri yombi na Polisi ya Kenya imukurikiranyeho kubona amafaranga mu buryo bufifitse.

Akurikiranyweho kwaka abategura ibitaramo amafaranga abizeza kuzataramira abantu ariko abafana bakamutegereza, bakamubura.

Yari aherutse ku bikora ubwo abantu bategerezaga ko ari bucurangire ahitwa KCC mu gitaramo kiswe Afrika Moja Concert bakamubura.

The Citizen yanditse ko uriya muhanzi yari afite gahunda y’uko ku Cyumweru taliki 01, Gicurasi, 2022 ari bwo yari kuva muri Kenya ataha iwabo muri Tanzania  ariko afatwa indege itarahaguruka.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Hari utubyiniro yari yarijeje kuzacurangamo, abatuyobora bamuha avance ariko ntiyakora akazi bemeranyije.

Si we gusa ukurikiranyweho ubu butekamutwe ahubwo n’umunyarwenya wo muri Kenya wamamaye cyane witwa Eric Omondi nawe avugwaho kuba bihemu kuko nawe hari amafaranga ba nyiri utubari Harmonize yari bucurangiramo bamuhaye ababwira ko azafatanya n’uyu munya Tanzania kubashimisha arayarya ntiyakora ibyo yemeye.

Eric Omondi aha yaririraga urupfu rw’Umwirabura George Floyd wishwe ahejejwe umwuka n’umupolisi w’Umuzungu wo muri Amerika

Umwe mu bavugwaho guhura na buriya butekamutwe ni  uwahoze ari Guverineri wa Nairobi usanzwe ufite utubari dukomeye muri uriya mujyi.

Nawe yahaye Harmonize inoti, arazitapfuna.

Harmonize yafungiwe kuri Station ya Polisi iri ahitwa Kileleshwa kugira ngo abazwe ibyo akurikiranyweho.

- Advertisement -

Icyakora abari batumije Harmonize bagize ikitwa Melamani Limited bavuga ko kiriya cyamamare cyajyanywe kuri Polisi mu rwego rwo kukirindira umutekano kuko cyari gisumbirijwe ariko ngo ntibyatewe n’uko ari Polisi igikurikiranyeho ubuhemu.

Umuhanzi Harmonize bamwe bita ‘Konde Boy’ yari afite gahunda yo kuririmbira muri kamwe mu tubyiniro dukomeye kitwa  Captain’s Lounge akabikora mu gihe cy’isaha irenga ariko ngo yikojeje yo aririmba iminota itanu gusa, ubundi aranduruka!

Ibi bivugwa na nyiri aka kabyiniro witwa Jor Barsil.

Yagize ati: “ Nishyuye Miliyoni 9Sh ngo banzanire uriya muhanzi ashimishe abakiliya banjye mu gihe cy’isaha n’igice ariko yaraje ababeshya ko abacurangiye mu minota itarenze itanu.”

Avuga ko byarakaje abakiliya be ndetse ngo iyo atamutabara bari kumurema uruguma.

We asaba gusubizwa aye.

Barsil yabwiye Citizen Digital ko aho bari bucurangire yahateguye ku kiguzi cya Miliyoni 20Sh  yongeraho na Miliyoni 9 Sh yahaye abazanye Harmonize.

Ku rundi ruhande, Harmonize yaje kurekurwa abamuzanye bamaze kwishyura ayo basabwaga ahita yurira indege ajya i Mombasa kubataramira.

Iki gitaramo cyabereye ahitwa Volume Club.

TAGGED:featuredKenyaTanzaniaUmuhanzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Sergio Ramos Ati: “ Nkiri Umwana Nakundaga Ronaldo’
Next Article Uko Urubanza Rwa Laurent Bucyibaruta Rwakererejwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?