Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuhanzi Mike Kayihura Agiye Gutaramira Muri Uganda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Umuhanzi Mike Kayihura Agiye Gutaramira Muri Uganda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 June 2022 8:39 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mike Kayihura ni umwe mu bahanzi b’Abanyarwanda uzi kwandika no kuririmba neza indirimbo ziri mu Cyongereza. Mu mpera za Kamena, 2022 azajya gususurutsa abaturage b’i Kampala mu gitaramo yise ‘A Night With Mike Kayihura.’

Igitaramo cye kizabera muri Kampala Serena Hotel  taliki 24, Kamena, 2022, kandi biteganyijwe ko azaririmbana n’abandi bahanzi beza bo muri Uganda, barimo uwitwa King Saha( Biri Biri), Joshua Baraka, na 1Der JR n’abandi

Igitaramo cya Mike Kayihura cyateguwe na Mirembe Lifestyle.

ChimpReports yanditse ko amatike yo kwinjira mu gitaramo cya Mike Kayihura agurishwa kuri murandasi kuri Quicket UG no kuri Kampala Serena Conference Center.

Mike Kayihura azataramira abo muri Uganda taliki 24, Kamena, 2022

Uyu mwanditsi w’indirimbo akaba n’umuhanzi Mike Kayihura  aherutse kwakirwa mu kiganiro kitwa Africa 360 cya BBC.

Ni ikiganiro cyakira abahanzi b’abahanga kurusha abandi muri Afurika, bakavuga ku bihangano byabo.

Si abahanzi bahakirirwa gusa kuko na ba DJs bakomeye nabo ari uko.

Ubwo yari ari yo, Mike Kayihura yahasize urutonde rw’ indirimbo 20, zirimo ize n’iz’abandi bahanzi b’i Kigali.

Zamaze gushyirwa mu ikoranabuhanga rikina indirimbo kuri BBC no ku rubuga rwayo rwa murandasi.

Indirimbo Mike Kayihura yashyize kuri BBC zahashyizwe tariki 08, Kanama, 2021,kandi zigomba gukomeza gukinwa mu minsi 27 iri imbere.

Muri Kanama, 2021yavuze ko yishimiye gutumirwa muri kiriya kiganiro kandi byamuhaye uburyo bwo kuhavugira u Rwanda n’ibiruranga.

Ati: “ Byari byiza kujyayo ukavuga ibyiza biri mu njyana yakorewe i Kigali. Abatuye Isi bakumva iby’iwacu kandi murabizi neza ko BBC yumvwa hose ku isi.”

Urutonde rw’indirimbo yahaye BBC icyo gihe  rugizwe n’indirimbo ze ebyiri, izindi ni  ‘King Kong’ ya Pro Zed, ‘Amakosi’ ya Ish Kevin, ‘Zoli’ ya Nel, ‘Kantona’ ya DJ Pyfo, ‘Ye Ayee’ ya  Buravan, ‘Away’ ya Ariel, ‘Panga’ ya Confy, ‘Anytime’ ya  Mike Kayihura n’izindi.

Mike Kayihura w’imyaka  28 y’amavuko yatangiye kuririmba afite imyaka 13 y’amavuko.

Yari muri Korali yakoreraga i Gacuriro.

Yigiye umuziki muri Ethiopia arangije amasomo atangira umuziki ku giti cye, hari mu mwaka wa 2014.

TAGGED:featuredIndirimboKayihuraMikeUgandaUmuziki
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umubare W’Abagore Muri Polisi Y’u Rwanda Uriyongera
Next Article Imibereho Y’Impunzi Mu Rwanda: Icyo Imibare Yerekana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Nigeria: Umuhanzi Ifunanya Yishwe N’Inzoka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?