Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuhanzi Mr Eazi Agiye Kubaka Inzu Igezweho Y’Ubukerarugendo Ku Kivu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Umuhanzi Mr Eazi Agiye Kubaka Inzu Igezweho Y’Ubukerarugendo Ku Kivu

Last updated: 19 May 2021 1:38 pm
Share
SHARE

Umuhanzi Oluwatosin Ajibade wamamaye nka Mr Eazi wo muri Nigeria, yatangaje ko mu mishinga ashaka gukorera mu Rwanda harimo uwo kubaka inzu igezweho yakira ba mugerarugendo, izaba iherereye ku kirwa mu Kiyaga cya Kivu.

Uyu musore w’imyaka 29 ari mu Rwanda kuva mu minsi ishize, mu kurambagiza amahirwe ashobora gushoramo imari.

Yanditse kuri twitter ati “Ejo nasuye ikiyaga cya Kivu, by’umwihariko ikirwa dushaka gushoraho imari muri Luxury Eco Resort and Wellness Centre. Ndimo kugirira ibihe byiza mu Rwanda.”

Ntabwo yatangaje icyo kirwa icyo aricyo, cyangwa igihe uyu mushinga wazaba watangiriye.

Yesterday I visited Lake Kivu , specifically an Island where We are looking to Invest in a Luxury Eco Resort and Wellness Centre. I am having an awesome time in Rwanda.

BTW Don’t forget to check out my new Music Video For the song “E be Mad “https://t.co/WYq8QS0hfl pic.twitter.com/afcNNiZPeW

— Genius (@mreazi) May 19, 2021

Ubwo yageraga mu Rwanda mu cyumweru gishize, Mr Eazi yasuye Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, n’ikigo gishinzwe kumenyekanisha u Rwanda nk’igicumbi cya serivisi z’imari n’ishoramari, Rwanda Finance Limited.

RDB yatangaje ko uwo muhanzi yagaragaje ubushake bwo kubona amahirwe yabyazwa umusaruro mu rwego rw’ubuhanzi, kwishyurana mu ikoranabuhanga n’urwego rw’imikino y’amahirwe.

Uyu muhanzi kandi yanasuye Rwanda Finance Limited, ikigo gikomeje kugira uruhare mu kubaka u Rwanda nk’igicumbi cya serivisi z’imari, binyuze mu cyiswe Kigali International Financial Centre.

Iki kigo cyatangaje kiti “Ibiganiro byacu bigeze kure kugira ngo dufashe mu rugendo rwe mu ikoranabuhanga mu bijyanye n’imari mu Rwanda no kugaragaza izindi nzego zashorwamo imari binyuze muri Kigali International Finance Centre.”

Mr Eazi yavutse ku wa 19 Nyakanga 1991.

Mu Ugushyingo 2018 yashinze emPawa Africa, gahunda igamije kuzamura impano z’abahanzi nyafurika bagahabwa ubumenyi n’ibikoresho bakeneye, ubundi bakaba abahanzi ariko na ba rwiyemezamirimo.

 

 

 

TAGGED:featuredKivuMr EaziUbukerarugendo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri Gatabazi Yasuye Ahangijwe N’Ibiza Mu Burengerazuba
Next Article ‘Akazi Kenshi’ K’Umwanditsi W’Urukiko Katumye Urubanza Rwa Nkubiri RUDASOMWA
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umukinnyi Ukomeye Wa Kepler WBBC Yaguzwe Na REG WBBC

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Umuhuza Wa Afurika Yunze Ubumwe Mu Kibazo Cy’u Rwanda Na DRC Ari i Kigali

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Inama Y’Igihugu Y’Umushyikirano Iragarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeUbumenyi Rusange

Mu Isanzure Haba Inyenyeri Zingahe?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?