Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuhati Wa Gacinya Wo Kujya Muri FERWAFA Ukomeje Kuba Impfabusa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Umuhati Wa Gacinya Wo Kujya Muri FERWAFA Ukomeje Kuba Impfabusa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 June 2023 10:41 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Gacinya Chance Denis yongeye kwangirwa kwiyamamariza kujya mu Mpuzamashyirahamwe y’umukino w’umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA, kubera impamvu z’ubunyangamugayo.

Komisiyo y’Amatora muri iri shyiramwe yongeye kwanga kandidatire ya Gacinya Chance Denis nyuma y’ubujurire yari yakoze.

Mbere nabwo iyi kandidatire yaranzwe, ahitamo kujurira.

Arashaka kwiyamamaza ngo abe Visi Perezida wa Kabiri ushinzwe Tekiniki muri FERWAFA.

Ubwa mbere ubwo kandidatire ye yangwaga, hari taliki 06, Kamena, 2023 ubwo hatangazwaga urutonde rw’abo kandidatire zemerewe, iya Gacinya ntiyari irimo.

Impamvu yo kutemererwa kwe yari iy’uko aterekanye icyangombwa cyerekana ko atigeze akatirwa n’inkiko.

Yaje kugitanga tariki ya 8, Kamena 2023.

Nyuma yo kugitanga ariko nticyemerwe yaje kujurira ndetse ubujurire bwe buremerwa.

Bidatinze kuri uyu wa Gatatu taliki 14, Kamena, 2023 hasohotse ibaruwa iriho umukono w’abagize Komisiyo y;amatora bayobowe na Adolphe Kalisa yemeza ko nta bunyangamugabo buhagije Gacinya Chance Denis afite bwatuma yiyamamariza umwanya ashaka.

Undi bahatanira uyu mwanya we yaremerewe, uwo ni Richard Mugisha.

Amatora ateganyijwe kuba tariki ya 24 Kamena 2027, azatorerwamo n’abandi bayobozi bagize Komite Nyobozi ya FERWAFA.

TAGGED:AmatorafeaturedFERWAFAGacinyaIshyirahamwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nigeria: Abantu 103 Bapfiriye Mu Mpanuka Y’Ubwato
Next Article Lil Wayne Yibagiwe Inyinshi Mu Ndirimbo Ze
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inganda Z’Intwaro Zungutse 5.9% Kubera Intambara Ya Ukraine N’Iya Gaza

Gisagara: Bakurikiranyweho Guca Umucuruzi Ijosi

Ofisiye Ba Israel Bategetswe Gukoresha Mu Kazi iPhones Gusa 

I Rulindo Ngo Bagira Isuku Nyinshi

Indonesia: Abahitanywe N’Imyuzure Bamaze Kugera Kuri 414

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

Ikipe Y’u Rwanda Ya Basketball Yakubiswe Incuro Ku Mukino Wa Mbere Ugana Ku Gikombe Cy’Isi

Guinea-Bissau: Perezida Umaro Sissoco Embaló Yahiritswe K’Ubutegetsi

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Tshisekedi Hari Ibyo Avuga Ko Atazasinyira i Washington

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Uburayi: Abanyamuryango Ba FPR-Inkotanyi Baganiriye Ku Iterambere Ry’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

RDF Ikomeje Kubakira Ubushobozi Ingabo Za Centrafrique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'Abaturage

Nyamasheke: Bahangayikishijwe N’Uko Bateye Imyaka Ikuma Inzara Ikaba Ibugarije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?