Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuhungu Wa P.Diddy Yatawe Muri Yombi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Umuhungu Wa P.Diddy Yatawe Muri Yombi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 June 2023 9:04 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuhungu w’umuraperi P. Diddy witwa Justin Dior Combs w’imyaka 29 yatawe muri yombi na Polisi y’i California imusanze atwaye imodoka yasinze.

TMZ yanditse ko imodoka ya Polisi yirukanse ku ya Justin Combs nyuma yo kumukekaho gutwara yasinze.

Itara ry’imodoka ya Polisi yategetse Combs guhagarara arahagarara, umupolisi avamo amubaza impamvu atwara yanyoye ibisindisha.

Polisi yamubajije impamvu atwara yasomye yanyoye ibisindisha

Undi ntiyahise abyemera, ariko Polisi ya California yabwiye itangazamakuru ko byabaye ngombwa ko Combs ‘aba afunzwe’ kubera ko hari impamvu zumvikanaga zatuma akekwaho gutwara yanyoye ibisindisha.

Justin Combs yaje kurekurwa nyuma yo kwishyura amande ya $5,000.

P.Diddy yabyaye Justin taliki 30, Ukuboza, 1993 amubyaranye na Misa Hylton, ubu ufite imyaka 50 y’amavuko.

Bari batuye ahitwa Mount Vernom  muri New York, USA.

Diddy we ubu afite imyaka 53 y’amavuko.

Justin Combs nawe ni rwiyemezamirimo ariko wigeze no gukina umukino wa Football y’Abanyamerika ubwo yigaga muri Kaminuza mu mwaka wa 2016.

Afite ahantu yashoye amafaranga mu myidagaduro yo muri Amerika.

Uyu musore kandi asanzwe akina filimi z’uruhererekane zica kuri televiziyo zitwa Power Book II: Ghost and Respectfully Justin.

Mu mwaka wa 2016 yakinnye no mu yindi yiswe Date with a Hammer.

P.Diddy yabyaye Justin w’imyaka 29, abyara King w’imyaka 25,  abyara Christian w’imyaka 24, abyara Chance w’imyaka 17, abyara impanga z’abakobwa Jessie na D’Lila b’imyaka 16, ubu afite uruhinja ry’amezi atandatu yise Love.

Afite n’undi mwana mukuru arera yabyaranye n’umukunzi we witabye Imana witwaga Kim Porter.

Uyu yitwa Quincy Taylor Brown akaba afite imyaka 32 y’amavuko.

P.Diddy ari mu baraperi b’Abanyamerika bagwije imbyaro
TAGGED:AmerikaCaliforniaGusindaGutwaraimodokaInzogaP.DiddyPolisiUmwana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyanza: Sankara Yagaragaye Mu Ruhame Yagiye Kwibuka
Next Article Rwanda Rwahawe Miliyoni $100 Zo ‘Gukomeza’ Kuzamura Urwego Rw’Abikorera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rayon Yahagaritse Umutoza Mukuru Bari Bamaze Iminsi Muri Rwaserera

Kagame Yaganiriye N’Abayobora Ikigo Nyafurika Cy’Imiti

Nick Ngendahayo Ari Gutegura Igitaramo Kirangiza Umwaka Kizabera I Kigali 

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Netanyahu Ati: ‘Abanzi Bacu Bamenye Ko Tutujya Twibagirwa’

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

RDF na Polisi Bari Guha Abatuye Sudani Y’Epfo Uburyo Bwo Kwirinda Malaria

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Israel Na Hamas Ntibiri Buhagararirwe Mu Isinywa Rya Burundu Ry’Amahoro Ya Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduro

Knowless Yagiye Tanzania Kuhasohorera Indirimbo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?