Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuhungu Wa P.Diddy Yatawe Muri Yombi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Umuhungu Wa P.Diddy Yatawe Muri Yombi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 June 2023 9:04 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuhungu w’umuraperi P. Diddy witwa Justin Dior Combs w’imyaka 29 yatawe muri yombi na Polisi y’i California imusanze atwaye imodoka yasinze.

TMZ yanditse ko imodoka ya Polisi yirukanse ku ya Justin Combs nyuma yo kumukekaho gutwara yasinze.

Itara ry’imodoka ya Polisi yategetse Combs guhagarara arahagarara, umupolisi avamo amubaza impamvu atwara yanyoye ibisindisha.

Polisi yamubajije impamvu atwara yasomye yanyoye ibisindisha

Undi ntiyahise abyemera, ariko Polisi ya California yabwiye itangazamakuru ko byabaye ngombwa ko Combs ‘aba afunzwe’ kubera ko hari impamvu zumvikanaga zatuma akekwaho gutwara yanyoye ibisindisha.

Justin Combs yaje kurekurwa nyuma yo kwishyura amande ya $5,000.

P.Diddy yabyaye Justin taliki 30, Ukuboza, 1993 amubyaranye na Misa Hylton, ubu ufite imyaka 50 y’amavuko.

Bari batuye ahitwa Mount Vernom  muri New York, USA.

Diddy we ubu afite imyaka 53 y’amavuko.

Justin Combs nawe ni rwiyemezamirimo ariko wigeze no gukina umukino wa Football y’Abanyamerika ubwo yigaga muri Kaminuza mu mwaka wa 2016.

Afite ahantu yashoye amafaranga mu myidagaduro yo muri Amerika.

Uyu musore kandi asanzwe akina filimi z’uruhererekane zica kuri televiziyo zitwa Power Book II: Ghost and Respectfully Justin.

Mu mwaka wa 2016 yakinnye no mu yindi yiswe Date with a Hammer.

P.Diddy yabyaye Justin w’imyaka 29, abyara King w’imyaka 25,  abyara Christian w’imyaka 24, abyara Chance w’imyaka 17, abyara impanga z’abakobwa Jessie na D’Lila b’imyaka 16, ubu afite uruhinja ry’amezi atandatu yise Love.

Afite n’undi mwana mukuru arera yabyaranye n’umukunzi we witabye Imana witwaga Kim Porter.

Uyu yitwa Quincy Taylor Brown akaba afite imyaka 32 y’amavuko.

P.Diddy ari mu baraperi b’Abanyamerika bagwije imbyaro
TAGGED:AmerikaCaliforniaGusindaGutwaraimodokaInzogaP.DiddyPolisiUmwana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyanza: Sankara Yagaragaye Mu Ruhame Yagiye Kwibuka
Next Article Rwanda Rwahawe Miliyoni $100 Zo ‘Gukomeza’ Kuzamura Urwego Rw’Abikorera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?