Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuhungu Wa P.Diddy Yatawe Muri Yombi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Umuhungu Wa P.Diddy Yatawe Muri Yombi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 June 2023 9:04 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuhungu w’umuraperi P. Diddy witwa Justin Dior Combs w’imyaka 29 yatawe muri yombi na Polisi y’i California imusanze atwaye imodoka yasinze.

TMZ yanditse ko imodoka ya Polisi yirukanse ku ya Justin Combs nyuma yo kumukekaho gutwara yasinze.

Itara ry’imodoka ya Polisi yategetse Combs guhagarara arahagarara, umupolisi avamo amubaza impamvu atwara yanyoye ibisindisha.

Polisi yamubajije impamvu atwara yasomye yanyoye ibisindisha

Undi ntiyahise abyemera, ariko Polisi ya California yabwiye itangazamakuru ko byabaye ngombwa ko Combs ‘aba afunzwe’ kubera ko hari impamvu zumvikanaga zatuma akekwaho gutwara yanyoye ibisindisha.

Justin Combs yaje kurekurwa nyuma yo kwishyura amande ya $5,000.

P.Diddy yabyaye Justin taliki 30, Ukuboza, 1993 amubyaranye na Misa Hylton, ubu ufite imyaka 50 y’amavuko.

Bari batuye ahitwa Mount Vernom  muri New York, USA.

Diddy we ubu afite imyaka 53 y’amavuko.

Justin Combs nawe ni rwiyemezamirimo ariko wigeze no gukina umukino wa Football y’Abanyamerika ubwo yigaga muri Kaminuza mu mwaka wa 2016.

Afite ahantu yashoye amafaranga mu myidagaduro yo muri Amerika.

Uyu musore kandi asanzwe akina filimi z’uruhererekane zica kuri televiziyo zitwa Power Book II: Ghost and Respectfully Justin.

Mu mwaka wa 2016 yakinnye no mu yindi yiswe Date with a Hammer.

P.Diddy yabyaye Justin w’imyaka 29, abyara King w’imyaka 25,  abyara Christian w’imyaka 24, abyara Chance w’imyaka 17, abyara impanga z’abakobwa Jessie na D’Lila b’imyaka 16, ubu afite uruhinja ry’amezi atandatu yise Love.

Afite n’undi mwana mukuru arera yabyaranye n’umukunzi we witabye Imana witwaga Kim Porter.

Uyu yitwa Quincy Taylor Brown akaba afite imyaka 32 y’amavuko.

P.Diddy ari mu baraperi b’Abanyamerika bagwije imbyaro
TAGGED:AmerikaCaliforniaGusindaGutwaraimodokaInzogaP.DiddyPolisiUmwana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyanza: Sankara Yagaragaye Mu Ruhame Yagiye Kwibuka
Next Article Rwanda Rwahawe Miliyoni $100 Zo ‘Gukomeza’ Kuzamura Urwego Rw’Abikorera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Rulindo: Yafatanywe Ayo Kwishyura Abacukura Amabuye Mu Buryo Butemewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?