Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umukino Wa Iran N’Amerika Utegerezanyijwe Amatsiko
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Umukino Wa Iran N’Amerika Utegerezanyijwe Amatsiko

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 November 2022 12:13 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abakurikirana imikino  mu gikombe cy’isi kiri kubera muri Qatar bavuga ko hari icyizere ko umukino uri buhuze Amerika na Iran uraba uwo gusabana hagati y’abaturage b’ibi bihugu bisanzwe bitajya imbizi.

Hari umuhanzi witwa Casimir Zao Zoba wigeze kuririmba ko umupira w’amaguru atari intambara.

Umunyamerika ukomoka muri Iran witwa  Shervin Sharifi uvuga ko iby’uko igihugu cye gifitanye amasinde n’Amerika atari ikintu atindaho.

Kuri we icya mbere ni umupira no kwishimira intsinzi kandi ngo ikipe iri butsinde indi kuri we iramushimisha.

Uyu mugabo w’imyaka 31 y’amavuko avuga ko kuva yakura yakunze umupira w’amaguru kandi ngo azakomeza awukunde, atitaye ku bibazo biri hagati ya Teheran na Washington.

Yabwiye Al Jazeera ko we na bagenzi be bavuye Texas bakaza muri Qatar baje gufana ikipe yabo kandi ngo bazahava bishimye kurusha uko baje babitekereza.

Ku ruhande rwa Iran, abakinnyi b’iyi kipe bavuga ko bafite inyota yo gutsinda Amerika ubundi iwabo umudiho ukaba wose.

Iran ituwe n’abaturage Miliyoni 80.

Abanyamerika nabo biyemeje gutsinda Iran kugira ngo nabo bashimishe izindi Miliyoni zirenga 100 zituye iki gihugu cy’igihangange.

Si ubwa mbere Amerika ikina na Iran kubera ko mu mwaka wa 1998 nabwo bakinnye, Iran  itsinda Amerika ibitego 2-1.

Bivugwa ko icyo gihe Iran yahise isaba abakinnyi bayo gutaha kuko ngo akazi kabajyanye kari karangiye.

TAGGED:AmaguruAmerikafeaturedIranUmupira
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Hari Ibinyabiziga Bimaze Imyaka 40 Mu Muhanda
Next Article Airtel Money Yegereje Serivisi Abashaka Gutombora Mu Inzozi Lotto
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?