Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umukozi wa REB afunzwe akekwaho kwakira ruswa ngo atange amanota
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umukozi wa REB afunzwe akekwaho kwakira ruswa ngo atange amanota

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 December 2020 1:51 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha bwataye muri yombi umukozi w’Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere uburezi rumukurikiranyeho kwakira ruswa ruvuga ko yahawe n’umwe bakandida bashakaga kuba abarimu ngo amuhe amanota amwerera gutsinda.

Ubutumwa uru rwego rwacishije kuri Twitter buvuga ko rugikomeje iperereza kugira ngo  ‘hafatwe n’abandi batanze cyangwa bakakira ruswa hagamijwe guhindura amanota y’ibizamini’ byatanzwe ku basabye akazi k’ubwarimu.

RIB iributsa abaturawanda ko icyaha cya ruswa kitazigera kihanganirwa kandi ko kidasaza.

Hari aho ubutumwa bwaryo bugira buti: “Turasaba n’uwaba afite amakuru kuri ruswa mu bizamini by’akazi ndetse n’indi yose ko yakwihutira kuyatanga mu butumwa bugufi(Direct message)cyangwa ku murongo wa RIB utishyurwa 166 kugira ngo tubikurikirane ibimenyetso bitarasibangana.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu ntangiriro z’Ugushyingo 2020, Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byasohoye itangazo rihagarika by’agateganyo Umuyobozi Mukuru wa REB, Dr Ndayambaje Irénée.

Iryo tangazo kandi ryahagaritse uwari umwungirije witwa  Tumusiime Angelique ndetse na Ngoga James wari Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Iterambere n’Imicungire y’Umwarimu muri REB.

Itangazo ry’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe ryavugaga ko aba bayobozi bo muri REB “bahagaritswe by’agateganyo ku mirimo yabo bitewe no kunanirwa gukurikirana no guhuza ishyirwa mu myanya ry’abarimu uko bikwiriye.”

Mu minsi yakurikiyeho Minisitiri w’uburezi Dr Valantine Uwamariya yabwiye abanyamakuru ko bidatinze abarimu bazaba bashyizwe mu myanya.

Mu ntangiriro z’Ugushyingo 2020, Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byasohoye itangazo rihagarika by’agateganyo Umuyobozi Mukuru wa REB, Dr Ndayambaje Irénée.

- Advertisement -

Iryo tangazo kandi ryahagaritse uwari umwungirije witwa  Tumusiime Angelique ndetse na Ngoga James wari Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Iterambere n’Imicungire y’Umwarimu muri REB.

Itangazo ry’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe ryavugaga ko aba bayobozi bo muri REB “bahagaritswe by’agateganyo ku mirimo yabo bitewe no kunanirwa gukurikirana no guhuza ishyirwa mu myanya ry’abarimu uko bikwiriye.”

 Mu minsi yakurikiyeho Minisitiri w’uburezi Dr Valentine Uwamariya yabwiye abanyamakuru ko bidatinze abarimu bazaba bashyizwe mu myanya.

Taarifa Rwanda

TAGGED:featuredNdayambajeREBRIBRuswaUbugenzacyaha
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Iliza Malibu Beach: Hidden Gem On Lake Muhazi
Next Article HRW ivuga ko impunzi 18 z’Abarundi zaburiwe irengero muri Tanzania
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?