Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umukozi wa REB afunzwe akekwaho kwakira ruswa ngo atange amanota
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umukozi wa REB afunzwe akekwaho kwakira ruswa ngo atange amanota

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 December 2020 1:51 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha bwataye muri yombi umukozi w’Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere uburezi rumukurikiranyeho kwakira ruswa ruvuga ko yahawe n’umwe bakandida bashakaga kuba abarimu ngo amuhe amanota amwerera gutsinda.

Ubutumwa uru rwego rwacishije kuri Twitter buvuga ko rugikomeje iperereza kugira ngo  ‘hafatwe n’abandi batanze cyangwa bakakira ruswa hagamijwe guhindura amanota y’ibizamini’ byatanzwe ku basabye akazi k’ubwarimu.

RIB iributsa abaturawanda ko icyaha cya ruswa kitazigera kihanganirwa kandi ko kidasaza.

Hari aho ubutumwa bwaryo bugira buti: “Turasaba n’uwaba afite amakuru kuri ruswa mu bizamini by’akazi ndetse n’indi yose ko yakwihutira kuyatanga mu butumwa bugufi(Direct message)cyangwa ku murongo wa RIB utishyurwa 166 kugira ngo tubikurikirane ibimenyetso bitarasibangana.”

Mu ntangiriro z’Ugushyingo 2020, Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byasohoye itangazo rihagarika by’agateganyo Umuyobozi Mukuru wa REB, Dr Ndayambaje Irénée.

Iryo tangazo kandi ryahagaritse uwari umwungirije witwa  Tumusiime Angelique ndetse na Ngoga James wari Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Iterambere n’Imicungire y’Umwarimu muri REB.

Itangazo ry’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe ryavugaga ko aba bayobozi bo muri REB “bahagaritswe by’agateganyo ku mirimo yabo bitewe no kunanirwa gukurikirana no guhuza ishyirwa mu myanya ry’abarimu uko bikwiriye.”

Mu minsi yakurikiyeho Minisitiri w’uburezi Dr Valantine Uwamariya yabwiye abanyamakuru ko bidatinze abarimu bazaba bashyizwe mu myanya.

Mu ntangiriro z’Ugushyingo 2020, Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byasohoye itangazo rihagarika by’agateganyo Umuyobozi Mukuru wa REB, Dr Ndayambaje Irénée.

Iryo tangazo kandi ryahagaritse uwari umwungirije witwa  Tumusiime Angelique ndetse na Ngoga James wari Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Iterambere n’Imicungire y’Umwarimu muri REB.

Itangazo ry’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe ryavugaga ko aba bayobozi bo muri REB “bahagaritswe by’agateganyo ku mirimo yabo bitewe no kunanirwa gukurikirana no guhuza ishyirwa mu myanya ry’abarimu uko bikwiriye.”

 Mu minsi yakurikiyeho Minisitiri w’uburezi Dr Valentine Uwamariya yabwiye abanyamakuru ko bidatinze abarimu bazaba bashyizwe mu myanya.

Taarifa Rwanda

TAGGED:featuredNdayambajeREBRIBRuswaUbugenzacyaha
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Iliza Malibu Beach: Hidden Gem On Lake Muhazi
Next Article HRW ivuga ko impunzi 18 z’Abarundi zaburiwe irengero muri Tanzania
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Guinea-Bissau: Perezida Umaro Sissoco Embaló Yahiritswe K’Ubutegetsi

Nduhungirehe Ashimangira Ko FDLR Ikiri Ikibazo K’u Rwanda

Ingabo Za Israel Zaje Mu Rwanda, Abaganga Bayo Bajya i Burundi

Kapiteni Wa Kiyovu Sports Yahaniwe Imyitwarire Mibi

Abana Bafite Ubumuga Barakimwa Amahirwe Yo Kwiga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

Igitutu Cya Trump Kuri Ukraine Ngo Ikunde Ibone Amahoro

Abajenerali 21 Ba DRC Baravugwaho Kuyigambanira

You Might Also Like

Ubukungu

Mu Mezi Icyenda BK Yungutse Miliyari Frw 83.5

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Imbuto N’Imboga Biri Mu Bikomeje Kwinjiriza u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?