Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umunsi Navuze Ko Naniwe Hazahita Hashyirwaho Undi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umunsi Navuze Ko Naniwe Hazahita Hashyirwaho Undi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 March 2024 7:39 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ku kibazo cy’abibaza uko u Rwanda ruzamera nyuma y’uko Perezida Kagame azaba atakiruyobora, ubwe yabasubije ko igihe amaze aruyobora yakoze ibyo yagombaga gukora kugira ngo arutegurire ejo hazaza heza. Avuga ko umunsi yavuze ko akeneye ikiruhuko, hazahita haboneka undi umusimbura, igihugu kigakomeza.

Yabwiye NTV ko u Rwanda rwashoye mu bantu barwo ku buryo nta muntu wari ukwiye kwibaza niba ruzakomeza gutera imbere ubwo ruzaba rutakiyoborwa na Paul Kagame.

Yagize ati: “ Nemera ko icyerekezo gihari. Twashyize imbaraga zifatika mu gutegura abantu kugira ngo babe bafite ibisabwa byose. Twiyubatsemo ubushobozi, twubaka inzego, kandi dukomeza kuziteza imbere. Ibyo rero bisubiza abo bose bibaza uko u Rwanda rwa nyuma ya Kagame ruzaba rumeze”.

Perezida Kagame aherutse kugirana ikiganiro kirambuye na Televiziyo ya Kenya, NTV

Mu kiganiro kirekire aherutse guha NTV yo muri Kenya Perezida Kagame yavuze ko nk’uko aherutse kubwira abayobozi muri FPR-Inkotanyi ko bakwiye kuba batekereza uzamusimbura, igihe nikigera akababwira ko akazi bamushinze akarangije, hazaterana inama kandi ikazahita vuba na bwangu ishyiraho umusimbura.

Avuga ko uwo muntu azaba atandukanye na Kagame Abanyarwanda bari bamenyereye, ashobora kuzaba ari umuntu ndetse umurengeje ubushobozi.

Icyakora Kagame avuga ko umuntu wese uzamusimbura naramuka ashatse kujyana u Rwanda aho abonye hose, hari inzego zizamukebura zimubuze kubikora.

Mu buryo busa n’ubwo asubizamo abantu bavuga ko nyuma ye u Rwanda ruzahirima, Perezida Kagame yigeze gusubiza Umunyamerika wari waje mu kiganiro yari yahaye abantu kitwaga “Council on Foreign Affairs: a Conversation with President Kagame” ko hari igihe u Rwanda ruzamera nk’ibindi bihugu byose bidakenera inkunga.

Icyo gihe uwo muntu yamubazaga uko abona u Rwanda ruzaba rumeze igihe ruzaba rutagihabwa inkunga n’amahanga.

Iki kiganiro cyabaye taliki 19, Nzeri, 2017.

Aherutse kandi kuvuga ko u Rwanda aho rugeze n’ibyo rwaciyemo bikomeye ku buryo nta muntu uwo ari we wese n’aho yaba aturutse hose, uzarugenera aho aruvana, aho arugeza keretse Abanyarwanda n’undi washaka gukorana nabo.

TAGGED:AbanyarwandafeaturedKagameRwandaUbuyobozi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikigega RNIT Iterambere Fund Kimaze Kugwiza Miliyari Frw 42
Next Article Icyo RCS Ivuga Ku Bivugwa Ko Abacungagereza Bashimutwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kabila Arasomerwa

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Nyamasheke: Abageni Bwari Bucye Basezerana Bakubiswe

Rulindo: Yafatanywe Ayo Kwishyura Abacukura Amabuye Mu Buryo Butemewe

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Ebola Yagarutse Muri DRC

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Rwanda: Ibiciro By’Ibikomoka Kuri Petelori Byazamutse

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?